Urubyiruko rwa CEPGL rwatangiye ingando igamije kubaka amahoro no kwiyubaka

Urubyiruko 30 ruturutse mu Rwanda, mu Burundi no muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo, rwatangiye ingondo igamije kubaka amahoro mu bihugu bya bo no guharanira kwiyubaka biteza imbere.

Iyi ngando yateguwe n’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu bituriye ibiyaga bigari (CEPGL), yatangiye kuri uyu wa gatatu tariki 19/2/2014, ikazamara iminsi 21. Irabera mu murenge wa Rukoma mu karere ka Kamonyi, aho yakiriwe n’ikigo gitanga amahugurwa ku rubyiruko ngo rwivane mu bukene (CPJSP).

Urubyiruko rwitabiriye ingando ya CEPGL.
Urubyiruko rwitabiriye ingando ya CEPGL.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CEPGL, Tuyaga Herman, ahamya ko urubyiruko rw’ibi bihugu uko ari bitatu, rukeneye inyigisho zigamije kwiteza imbere kuko hose bataka ikibazo cy’ubushomeri ku barangiza amashuri.

CEPGL rero ngo itegura ingando ihuje urubyiruko rw’ibi bihugu byombi, kugira ngo babatoze kwihangira umurimo, aho gukomeza kubaho nta cyo bakora kuko ariho hava ubukozi by’ikibi. Ati “iyo umuntu ari ku kazi ntiyifuza kugira nabi”. Ikindi yongeraho n’uko ibi bihugu byombi bisangiye umwanzi umwe ariwe “inzara”.

Herman Tuyaga, Umunyamabanga nshingwabikorwa wa CEPGL.
Herman Tuyaga, Umunyamabanga nshingwabikorwa wa CEPGL.

Yasabye urubyiruko rwayitabiriye guharanira kubaka ibihugu bya bo, aho gutegereza abanyaburayi ngo aribo baza kubakemurira ibibazo. Aragira ati “Imana ifasha uwifashije , bityo n’abanyaburaya bazadufasha ari uko natwe turi abagabo twifashije”. Arabashishikariza kwihangira imirimo, aho kugura ibintu mu mahanga, ahubwo nabo babyoherezeyo.

Urubyiruko rumaze umunsi rugeze mu Rwanda, rurashima uburyo rwakiriwe na bagenzi ba bo basanze mu Rwanda ndetse n’ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi. Abo muri RDC no mu Burundi, barizeza abayobozi b’urubyiruko bo mu bihugu bya bo ko bazakurikira neza inyigisho bazahabwa, nabo bakabishyikiriza abo basize iwabo.

Urubyiruko rwa CEPGL rwakira abayobozi baje gutangiza ingando.
Urubyiruko rwa CEPGL rwakira abayobozi baje gutangiza ingando.

Mu minsi 21 uru rubyiruko ruzamara mu karere ka Kamonyi, Ikigo CPJSP cyarwakiriye, kizaruha amahugurwa ku kubaka amahoro, ku kazi kanoze, ku gukorana n’ibigo by’imari, kinabashishikarize kwipimisha Virusi itera Sida ku bushake.

Muri iyi minsi kandi ngo bazigishwa gukora ibikorasho by’ubwubatsi birimo pave, amatafari yo kubaka (bloc ciments) no gukora amarangi. Ngo bazanifatanya n’abaturage baturiye ku mupaka wa Nemba mu karere ka Bugesera, ahahana imbibi n’igihugu cy’Uburundi, basure n’icyicaro cya CEPGL kiri mu karere ka Rubavu.

Abayobozi baje gutangiza ingando y'urubyiruko rwa CEPGL.
Abayobozi baje gutangiza ingando y’urubyiruko rwa CEPGL.

Marie Josee Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

rega urubyiruko rwo muri CEPGL nitwe tugomba gushakira akarere kacu amahoro ni twe twagakwiye kuba umusemburo w’amahoro y’akarere

pauline yanditse ku itariki ya: 20-02-2014  →  Musubize

amahoro muri aka karere karanzwe n’intambara arakenewe cyane kandi azafasha kwihutisha iterambere ryadindijwe kubera nta buryo wahahirana n’abandi mutavuga rumwe. aha harebwe kandi higishwe igitandukanya abantu nubwo dusanzwe tukizi kandi harebwe uko byakemuka burundu maze duhahirane tudahendana

rugenera yanditse ku itariki ya: 20-02-2014  →  Musubize

ikigaragara nuko CEPGL itangiye kugira imbraga nkizo yahoranye kuva cyera urubyiruko nidushyira hamwe tukanga ikibi ndakubwiza ukuri ko mukarere kacu hazarangwa amahoro ajyanye n;iterambere mukomeze mushyigikire uwo muryango.

Karabo yanditse ku itariki ya: 20-02-2014  →  Musubize

amahoro no kubaka akarere dutuyemo biri mu maboko yacu urubyiruko , nabafata ibyemezo babifashe ntitubishyire mubikorwa ntaho byagera, bivuze ngo nitwe byose biri mumaboko, rubyiruko twiwatabire imigambi myiza amaleta yacu afite yo guharanira amahoro arambye muri akarere dutuye kayogojwe n’intambara zidashira kandi nituyafasha tuzabigeraho ntakabuza

shingiro yanditse ku itariki ya: 20-02-2014  →  Musubize

uwagira ahantu dutanga ibitekerezo, tukareba abemeza ko CEPGL bayizira nibazako irivya 1990 cg imbereyaho gato president BUYOYA atrashwana na President MUBUTU!!!!!!!

REBA RDC ibyo ikorera abanyarwanda i Goma,Umve ivyo YA MENDE yabo ivuga aba bantu mwahurizahe????????

izinaryiza yanditse ku itariki ya: 20-02-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka