Urubyiruko rw’abakorerabushake ruhuza gute izo nshingano n’indi mirimo?

Mu bice bitandukanye by’igihugu, cyane cyane ahahurira abantu benshi, hagaragara urubyiruko rw’abakorerabushake bagenda bibutsa abaturage kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Muri iki gihe u Rwanda rwugarijwe n’icyorezo cya Covid-19, urwo rubyiruko rwibanda cyane ku gukangurira abantu kwambara neza agapfukamunwa, gukaraba intoki n’amazi meza n’isabuni cyangwa bakoresheje umuti usukura intoki, gupima umuriro, gukebura abanyuranya n’aya mabwiriza n’ibindi bitandukanye.

Ibikorwa by’ubukangurambaga bugizwemo uruhare n’Urubyiruko rw’abakorerabushake, n’ubwo bisa n’ibyigaragaje cyane muri iki gihe icyorezo cyugarije u Rwanda, urubyiruko rw’abakorerabushake kuva rutangiye ibikorwa byarwo mu mwaka wa 2013, rukora ibikorwa bitandukanye, harimo no kubakira abaturage batishoboye inzu, ubwiherero n’uturima tw’igikoni, n’ubundi bukangurambaga butandukanye bakora, hagamijwe gushyigikira imibereho myiza y’abaturage no kurinda ko ibyo igihugu cyagezeho bihungabana.

Urwo rubyiruko rwemeza ko izi nshingano bazikora mu bwitange badategereje igihembo, ndetse benshi bakazifatanya n’indi mirimo yabo ya buri munsi bakorera mu nzego za Leta cyangwa iz’abikorera.

Anastase Kamizikunze, inshingano z’ubukorerabushake azifatanya n’akazi ka Leta, ko kuyobora Urwunge rw’amashuri rwa Kageyo mu Karere ka Gicumbi.

Mu Kiganiro Ubyumva ute cyatambutse kuri Kt Radio tariki 29 Nyakanga 2021, yabajijwe uko izo nshingano zombi azihuza, n’uko abigenza kugira ngo hatagira ikibangamira ikindi.

Yasubije ati “Nkoresha uko nshoboye nkiha gahunda ituma nta na kimwe kibangamira ikindi. Ahanini nk’iyo habonetse umwanya nyuma y’amasaha y’akazi cyangwa mu minsi y’impera z’icyumweru, njya kuri site tuba twateganyije gukoreraho cyane cyane ahahurira abantu benshi nko mu masoko, amavuriro n’ahandi, ngafatanya na bagenzi banjye mu gushishikariza abahagana kurwanya Covid-19”.

Kamizikunze avuga ko kugira igihugu gihamye, bisaba ko abagituye bakomera ku muco wo kwigomwa igihe cyabo, guhunza amaboko n’ibitekerezo bifasha abaturage guhindura imyumvire, imitekerereze n’imikorere.

Euphrem Mugwaneza, mu mwaka wa 2016 ni bwo yisunze bagenzi be b’urubyiruko b’abakorerabushake, akaba n’umwe mu bayobozi barwo mu Karere ka Gasabo, inshingano afatanya n’akazi ka Leta akorera mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe gutanga Indangamuntu NIDA.

Agira ati “Mu rubyiruko rw’abakorerabushake harimo abarangije amashuri yisumbuye, ibyiciro bitandukanye bya Kaminuza yewe n’abikorera. Kimwe n’abo bagenzi banjye, inshingano dufite tuzikorana umutima w’ubwitange, bamwe muri twe baba banasanzwe bafite indi mirimo bakora, kandi tugashyira imbere kwirinda ko hagira gahunda ibangamira iyindi”.

Yongera ati “Nkanjye nitanzeho urugero, akazi ka buri munsi nkora iyo ngasoje mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba, nkomereza mu bukangurambaga bwo kwigisha abantu kwirinda Covid-19, mfatanya na bagenzi banjye, aho tuba dukebura no kwibutsa abantu kutanyuranya n’amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo”.

Mu mirimo itandukanye Urubyiruko rw’abakorerabushake rukomeje kugaragara rukora, benshi babifata nk’urugero rwiza rwo gukunda igihugu, byubakiye ku kwishakamo ibisubizo, cyane ko ibikorwa bitandukanye baba bashoyemo imbaraga n’amaboko nta kiguzi cyangwa igihembo bategereje.

Mu rubyiruko rw’abakorerabushake rubarizwa mu gihugu hose, abagera ku bihumbi 10 ni bo bari mu bikorwa byo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 mu turere twose tugize igihugu uko ari 30.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka