UN-Habitat yemeza ko u Rwanda rurimo gutera imbere mu miturire

Umuyobozi w’Ishami ry’ Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Imiturire, kuri uyu wa 23 Gashyantare 2015 ari mu Rwanda mu Karere ka Rubavu aho arimo gusura ibikorwa b’ imiturire u Rwanda rwagezeho Ku bufatanye na UN-Habitat.

Mu karere ka Rubavu bakaba basuye umusozi wa Rubavu wahoze utuwe n’abaturage 1200 bari batuye mu kajagari ariko bimuriwe Karukogo na Kanembwe batuzwa neza.

Umuyobozi wa UN-Habitat na Guverineri w'Intara y'Uburengerazuba bari kumwe n'abakozi ba UN-Habitat basura imiturire i Rubavu.
Umuyobozi wa UN-Habitat na Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba bari kumwe n’abakozi ba UN-Habitat basura imiturire i Rubavu.

Mu rugendo bakoreye mu Ntara y’Amajyaruguru n’Intara y’Uuburengerazuba, Umuyobozi wa UN-Habitat aherekejwe n’abandi bakozi biri shami, bavuze ko u Rwanda rwateye imbere mu gutuza abaturage bakurwa ahashobora kubashyira mu bibazo nk’ibiza.

Umusozi wa Rubavu wimuweho abaturagee ubu waratunganyijwe ugirwa umusozi ukorerwaho ubukerarugendo.

Mugenzi wacu Sylidio Sebuharara aracyadutegurira iyi nkuru

Ibitekerezo   ( 1 )

aba bose bakomeye bajye bahora baza kureba ibigwi tugwije maze bazagende batuvuga imyato

semana yanditse ku itariki ya: 23-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka