Umuyobozi wa RCA yahagaritswe ku mirimo

Prof. Harelimana Jean Bosco wari umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative (RCA), yahagaritswe ku mirimo ye, nk’uko bigaragara mu ibaruwa yaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe.

Prof. Harelimana Jean Bosco
Prof. Harelimana Jean Bosco

Iyo baruwa iragira iti “Hashingiwe ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repuburika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri muri 2015 mu ngingo yaryo ya 112, Umuyobozi wa RCA Prof. Harelimana Jean Bosco ahagaritswe ku buyobozi kuva tariki ya 28 Mutarama 2023”.

Harelimana yemereye Kigali Today ko ayo makuru ari ukuri, ko yabonye ibaruwa imuhagarika mu mirimo.

Indi baruwa nanone yavuye mu biro bya Minisitiri w’Intebe, ivuga ko Pacifique Mugwaneza agizwe umuyobozi w’agateganyo wa RCA.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Ntako atagize rwose yari akwiye guhindurirwa Indi mirimo kuko arashoboye cyane.

Solange yanditse ku itariki ya: 15-02-2023  →  Musubize

Yari ashoboye bamuhe ahandi rwose imyaka itanu yrakamazeho nimyinshi ntako atagize

ALICE yanditse ku itariki ya: 30-01-2023  →  Musubize

prof BOSCO YARASHOBOYE CYANE KUKO YAGIYE afite experience mubyo yararimo kd ni umuhanga .

ALICE yanditse ku itariki ya: 30-01-2023  →  Musubize

isubirire muri INES RUHENGERI ujye kwigisha n’ubundi nibyo warumenyereye nyine, none amazi asubiye iwabo wa mbeho!

Masokubona yanditse ku itariki ya: 30-01-2023  →  Musubize

isubirire muri INES RUHENGERI ujye kwigisha n’ubundi nibyo warumenyereye nyine, none amazi asubiye iwabo wa mbeho!

Masokubona yanditse ku itariki ya: 30-01-2023  →  Musubize

Arashoboye pee,akwiye akandi kazi

Alias yanditse ku itariki ya: 30-01-2023  →  Musubize

Ntabidasanzwe. Yari ashoboye bamuhe ahandi.

Alias yanditse ku itariki ya: 29-01-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka