Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi na we yeguye
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Harerimana Frederic na we yinjiye mu nkubiri y’abayobozi barimo kwegura muri iyi minsi.

Hari hashize iminsi ibiri umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Uwanzwenuwe Théoneste na we ashyikirije Njyanama y’Akarere ibaruwa isaba kwegura.
Yeguye akurikiranye n’uwari umwungirije witwa Clarisse Mukansanga, ubu unakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 13 Gicurasi 2018, ni bwo Harerimana yatangarije itangazamakuru ko na we yamaze kwandika ibaruwa isezera ku kazi.
Nubwo impamvu y’ubwegure bwa Harerimana zitaramenyekana, aka karere kakunze kugaragaraho ikoresha nabi ry’umutungo wa Leta, ndetse no gutanga amasoko ya Leta mu buryo budakurikije amategeko.
Kagaragayeho kandi kuza inyuma mu mihigo y’akarere, ndetse kakaba na kamwe mu turere twagaragayemo ingengabitekerezo ya jenoside kurusha utundi.
Kuva Umwiherero w’abayobozi b’igihugu waba mu ntangiriro za Werurwe 2018, aho Perezida Kagame yanengeye mu ruhame abenshi mu bayobozi bananiwe kuzuza inshingano, bamwe muri bo batangiye gukuramo akabo karenge.
Muri abo harimo n’uwari umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pascal Nyamurida.
Perezida Kagame yavuze ko abayobozi bitwaza ko beguye ku "mpamvu zabo bwite", nyamara ahubwo ari uko baba bananiwe kuzuza inshingano bahawe.
Inkuru zijyanye na: abameya begura
- Icyo Kaboneka avuga ku kwegura kw’abayobozi kwiswe ’Tour du Rwanda’ (PODCAST)
- Huye: Uwamariya Veneranda yagizwe Meya w’agateganyo
- Minisitiri Kaboneka yahakanye iby’uko Abameya bashyirwaho kuri ‘TEKINIKI’
- Gicumbi: Umunyamakuru agizwe Meya w’agateganyo
- Gicumbi: Meya w’agateganyo na we yeguye atamazeho icyumweru
- Huye: Gusuzugura inama Njyanama bitumye Komite Nyobozi yirukanwa
- Nyagatare: Komite nyobozi y’akarere na yo ireguye
- Komite nyobozi ya Bugesera yose yeguye
- Gicumbi: Umuyobozi w’Akarere n’abamwungirije begujwe
- Ruhango: Akarere kabonye abayobozi bashya
- Rwakazina Marie Chantal atorewe kuyobora Umujyi wa Kigali
- Nyabihu: Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri atorewe kuyobora akarere
- Nyabihu: Meya n’uwari umwungirije beguye
Ohereza igitekerezo
|
rusizi.we!uransebya
RUSIZIWE.URANSEBYA NTAKANDIKARERE KAKAGOBYEKUTUJYA IMBEREKUKO UMuTUNGOTURAWUFITENONEKUWUYOBORABIraBANANIRE UBUSEMWIZE.IKI?NUKWIRIRWAMUVUGA.IBIGAMBO.SAWANIBYOMUZATAHIRA INGENGABITECYEREZO.AHANTABWOMURABANJYE
Rusizi irananiranye bayinyihere Nyiyobore !ese ubundi Ni gute umuntu ananirwa Akazi kandi afite technicians bamufasha??Simbyumva pe bagahe umwana .mutoya nubundi abo basaza bafite umyumvire ishaje kbsa
Perezida ni Umutoza w’Intore...iyo intore inaniwe iva mu kibuga kandi iba yananije byinshi...Perezida dukwiyekumuba hafi peee.Ntacyo adakorera abaturage....Mwishakire uwo mwamuha nibura amufashe....
Ubundi murikigihe abayobozi badashoboye birirwa mubiro gusa bagacunganwa numushahara abo nibo babona bibayobeye bakitwazango beguye kumpamvu zabo,banjye bakurikiranwa kk abenshi baba bahombeje igihugu,niyompamvu hagomba gukorwa isuzuma rihagije ,nshimiye President wa Republic kk yanengeye abadashoboye muruhame.
Bareguzwa birazwi ntimukabeshye doreko ariyo ntero n’inyikirizo my rwa Gasabo
Frerderic yarabikwiye kuko haribintubyinshi mayor Oscar yariyaratangije kd byaribugire akamaro frerderc ajebimunara kubyuzuza.turasaba ko presidah noneho yakihitaramo ubwe muboyizeye afite bakaza gufasha rusizi kabisa.murakoze
Oscar na we yareguye/yaregujwe. President siwe utora Mayor, atorwa n’abaturajye binyuze muri njyanama z’ imirenjye n’ akarere. Iyo Mayor yeguye n’ umukurikiye akavaho yeguye biba bifite ikibiri inyuma. Ntibitanga icyizere ko nuzaza atazavaho yeguye keretse hasesenguwe igituma begura kikabanza gukurwaho.
Anyway, iyo umuntu afite uburenganzira bwo kwiyamamaza agatorwa aba afite n’ ubwo kwegura. Bamureke yigendere akore n’ ibindi. Kwegura ni indangagaciroooo! Niba ntakosa ryamubonetseho akiyobora, ntirikwiye kuboneka yeguye.
Abayobozi badashoboye kuzuza inshinga bahawe nibegure bogukomeza kutudindiriza iterambere.murakoze
Nibyiza ko begura Aho kugirango bakomeze kuyobora badafite Aho bageza abaturage icyaruta nuko bakuramo akabo abashoboye bakayobora kandi bakurikirankwe kuko hari ikibyihishe inyuma mwarakoze kuhatugerera