Umuyaga wasenye amazu 11 wangiza n’intoki

Amazu 11 ndetse n’intoki zitaramenyekana ubuso byasenywe n’umuyaga mu midugudu 2 y’ Akagari ka Nsheke Umurenge wa Nyagatare.

Ni umuyaga uvanze n’imvura byaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 28 Gashyantare aho mu Mudugudu wa Kabare ya mbere amazu 10 niyo yasambutse, harimo 5 yavuyeho igisenge burundu.

Bicaye imbere y'inzu bumiwe
Bicaye imbere y’inzu bumiwe

Naho mu mudugudu wa Nyegeza inzu imwe niyo imaze kumenyekana yavuyeho igisenge cyose.

Umukecuru Mukagatera Epiphanie atuye mu mudugudu wa Kabare ya mbere.

Inzu ye yubakiwe n’ubuyobozi mu mwaka wa 2011 igisenge cyayo cyatwawe n’umuyaga ibintu byarimo byose biranyagirwa.

Amabati yavuyeho yose
Amabati yavuyeho yose

Ku bw’amahirwe ariko ntiyayikomerekeyemo kuko ngo yabonye imvura irimo umuyaga mwinshi ahungira ku baturanyi kuko yabonaga iye yose inyeganyega.

Yifuza ko ubuyobozi bwakongera bukamufasha bukamusanira ndetse bukanamusakarira inzu ye kuko adafite ahandi yakwerekera.

Ibisenge byaguye hasi
Ibisenge byaguye hasi

Agira ati “ Yewe sinzi ko bizashoboka. Iya mbere ni ubuyobozi bwayimpaye n’ubundi bukwiye kongera kungoboka kuko jye sinishoboye rwose. Ubu simfite aho ndara.”

Uretse amazu amwe yavuyeho ibisenge andi ahakavaho amabati macye, zimwe mu ntoki nazo zaguye ariko zo ntabwo ubuso bwazo buramenyekana.

Munyangabo Celestin umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyagatare yihanganisha abaturage abaturage bahuye n’iki kiza akabizeza ko ubuyobozi buza kubagoboka.

Intoki zaguye
Intoki zaguye

Ngo baracyakora urutonde bagomba gushyikiriza minisiteri ishinzwe ibiza kugira ngo barebe ko yababonera isakaro.

Mu gihe ritari ryaboneka ariko uyu muyobozi arasaba abasenyewe gushaka ababa babacumbikiye by’igihe gito.

Agira ati “Bashake abaturanyi babo babe babacumbikiye mu gihe tukibashakira isakaro. Uriya mukecuru we n’ubundi twubakiye, tuzamukorera byose ariko abandi bo nitubabonera amabati bashobora kuyishyirira ku mazu.”

Umukecuru Mukagatera Epiphanie imbere y'inzu ye
Umukecuru Mukagatera Epiphanie imbere y’inzu ye

Kuba hari intoki zaguye, banyirazo bakavuga ko bashobora kugira inzara, Munyangabo Celestin avuga ko uwo bazabona ko yasonza bazamufashisha ibiribwa.

Minani Jean Claude wagwiriwe n’amatafari nawe ntabwo ameze nabi n’ubwo acumbagira.

Kugeza ubwo handikwaga iyi nkuru hari hataramenyekana igiciro cy’ibyangijwe n’uyu muyaga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Aya mazu biragaragara ko ataba aziritse kandi nta gihe MIDIMAR n’ubuyobozi butakanguriye abaturage kuzirika amazu.

mujyanama yanditse ku itariki ya: 1-03-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka