Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
Leta y’u Rwanda yatangaje ko umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wari umaze imyaka ibarirwa muri ine ufunzwe, uzongera gufungurwa guhera tariki 31 Mutarama 2022.

Mu itangazo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yashyize ahagaragara, yavuze ko iyi ntambwe igezweho nyuma y’uko igihugu cya Uganda kigaragaje ubushake bwo gukemura ibibazo u Rwanda rwakunze kugaragaza nk’ibibangamiye ubusugire n’abaturage barwo, ari na byo byari byarabaye intandaro y’ifungwa ry’imipaka ihuza ibihugu byombi.
Iryo tangazo rigira riti: "Nyuma y’uruzinduko rwa Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka(UPDF), uheruka gusura u Rwanda tariki 22 Mutarama 2022; Guverinoma y’u Rwanda yabonye ko hari ubushake bwo gukemura ibibazo u Rwanda rwagaragaje ndetse n’ubushake bwa Leta ya Uganda bwo gushaka umuti w’ibitarakemuka".
Iri tangazo rikomeza rishimangira ko tariki 31 Mutarama 2022, aribwo umupaka wa Gatuna uzafungurwa. Urujya n’uruza mu bihugu byombi, rukazajya rukorwa mu buryo bwubahirije ingamba zo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 nk’uko no ku yindi mipaka bigenda.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ibinyujije muri iri tangazo, yashimangiye ko Guverinoma y’u Rwanda ishyize imbere gukemura ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi. Gufungura umupaka, bikaba bikozwe mu rwego rwo koroshya, kwihutisha no kwerekana ubushake bwarwo mu kuzahura umubano, hagamijwe gukemura ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi.
Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunzwe mu mwaka wa 2019, biturutse ku kuba Abanyarwanda barafungirwaga muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bagakorerwa ihohoterwa n’iyicarubozo ndetse u Rwanda rukaba rwaranagaragaje igihugu cya Uganda ko cyashyigikiraga ibikorwa by’abahungabanya umutekano w’u Rwanda.

Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
- Perezida Kagame yakiriye Gen Muhoozi Kainerugaba
Ohereza igitekerezo
|
Turishimye cyane ko nigihekigiyekugera tugahabwa uburenganzira bwogusura abavandimwe bacu muri y,Uganda nkuko byaribimezembere abayobozi bacu Imana ibah,umugisha.
Mwiriwe natwe nkabaturiye umupaka wa cyankina twasabako badufungurira mubueryo bwogukomeza urujya nuruza rw’ibintu n’abantu hagamijwe nokwirinda civid 19 murakoze
Mwiriwe natwe nkabaturiye umupaka wa cyankina twasabako badufungurira mubueryo bwogukomeza urujya nuruza rw’ibintu n’abantu hagamijwe nokwirinda civid 19 murakoze
Thanks to announce us Rwandan people we are happy. Then I would like to ask what about people we are allowed to visit visit our friends in Uganda?
Twishimiye imyanzuro yavuye mubiganiro hagati ya nyakubahwa president Paulo Kagame n’Intumwa ya mugenzi we wa y’uganda nyakubahwa president Yoweli kaguta Museveni yo kuvugurura imibanire yibihugu byombi bikaba bigiye koroshya ishoramari n’imihahiranire hagati yabaturage bibihugu byombi turashima ko habaye ubushake bituma ibiganiro bitanga umusaruro
Twishimiye imyanzuro yavuye mubiganiro hagati ya nyakubahwa president Paulo Kagame n’Intumwa ya mugenzi we wa y’uganda nyakubahwa president Yoweli kaguta Museveni yo kuvugurura imibanire yibihugu byombi bikaba bigiye koroshya ishoramari n’imihahiranire hagati yabaturage bibihugu byombi turashima ko habaye ubushake bituma ibiganiro bitanga umusaruro
Twishimiye imyanzuro yavuye mubiganiro hagati ya nyakubahwa president Paulo Kagame n’Intumwa ya mugenzi we wa y’uganda nyakubahwa president Yoweli kaguta Museveni yo kuvugurura imibanire yibihugu byombi bikaba bigiye koroshya ishoramari n’imihahiranire hagati yabaturage bibihugu byombi turashima ko habaye ubushake bituma ibiganiro bitanga umusaruro
Icyo nigikorwa kiza Cyane twariduheze mumahanga kubera kubura inzira zabugufi turabakumbuye Cyane murakoze
Turishimye cyane barako ark mutubarize niba n umupaka wa cyanika urafungurwa murakoze
Turishimye cyane barako ark mutubarize niba n umupaka wa cyanika urafungurwa murakoze
Turishimye cyane barako ark mutubarize niba n umupaka wa cyanika urafungurwa murakoze
Ndashimira prezida wa repabulica Rwanda ark kibaza ikibazo umupaka wa kagitumba nago uzafugurwa murakoze
Twishimiye ifungurwa ry’umupaka was GATUNA Ark tukabaza niba na KAGITUMBA Izafungurwa kdi mubyukuri byaribikenewe ko hagirigikorwa kugira ngo umubano w’ibihugu byombi wongere ugaruke murakoze