Umujyi wa Kigali wahumurije abaturage ko nta mukene uzimurwa ku ngufu

Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwamenyesheje abaturage b’ahitwa mu Biryogo (mu murenge wa Gabiro wo muri Nyarugenge), ko nta gahunda ihari yo kwimura abaturage ku ngufu izongera kubaho. Abafite amazu ashaje bamenyeshejwe ko bafite uburenganzira bwo gusana, ariko babanje kubisabira ibyangombwa.

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidele Ndayisaba, yabimenyesheje abaturage kuri uyu wa kabiri tariki 18/2/2014, mu nama yo kuganira nabo no kumva ibibazo bafite, bijyana no kwizihiza ukwezi kw’imiyoborere myiza.

Ati: “Ubu byarahindutse, muhumure ntawe uzabirukana, ahubwo ababona amazu yenda kubagwaho mutangire muyatunganye neza, uzabima ibyangombwa byo gusana tuzibonanira”.

Mayor Ndayisaba yavuze ko ikitazahinduka ari gahunda yo kwimura abaturage bitewe n’inyungu rusange, kandi nabyo ngo biramutse bibayeho byaba mu bwumvikane, abantu bagahabwa ikiguzi kibakwiye kandi kibanogeye.

Abadafite amikoro mu mujyi wa Kigali ngo ntibazimurwa ku ngufu, ahubwo batangire basane amazu niba yarangiritse.
Abadafite amikoro mu mujyi wa Kigali ngo ntibazimurwa ku ngufu, ahubwo batangire basane amazu niba yarangiritse.

Ibi ariko ngo ntibibuza umuturage kumvikana ku giti cye n’umushoramari wamugurira ubutaka, nk’uko Fidele Ndayisaba yasobanuye ko hashobora no kuzabaho gahunda yo gutuza neza abaturage batavanwe aho basanzwe, ku buryo ngo nihaboneka abashoramari, bazajya bafasha abantu gutura mu magorofa kugirango bakoreshe neza ubutaka.

“Mbega ukuntu meya (mayor) arimo kuvuga neza!” Ni amagambo yaturukaga muri bamwe mu baturage bo mu Biryogo bitabiriye inama abayobozi b’umujyi wa Kigali bagiranye nabo.

Abaturage bo mu Biryogo bagaragarije umujyi wa Kigali ko imihanda mishya ya kaburimbo n’izindi nyubako zirimo kubakwa hadatekerejwe ku ngaruka, bigatuma imivu y’amazi y’imvura isenya indi mihanda n’amazu y’abaturage.

Abo baturage binubira ahanini amazi ava mu mihanda ya Avenue Paul VI hamwe n’ava mu muhanda mushya uva ahitwa kuri Cercle sportif, ugahinguka i Nyamirambo ahitwa kuri 40; aho bavuga ko ayo mazi ngo amaze guteza za ruhurura ziteye ubwoba, cyangwa akarenga aho ayoborerwa akangiza amazu.

Abayobozi mu mujyi wa Kigali mu nama y'imiyoborere myiza n'abaturage bo mu Biryogo.
Abayobozi mu mujyi wa Kigali mu nama y’imiyoborere myiza n’abaturage bo mu Biryogo.

Mayor Fidele Ndayisaba yashubije bamwe mu babajije uburyo bashobora kuva mu kibazo baterwa n’abayobozi batabayobora neza, ko inama rusange z’abaturage zishobora guterana zigatora abandi babakorera uko babishaka.

Kujya inama n’abaturage ku miyoborere myiza, Mayor Fidele Ndayisaba abibona nk’ubuvuzi bw’ibibazo abaturage bafite. Byakunze kugaragara ko abaturage babika ibibazo bakabitura Umukuru w’Igihugu iyo yabasuye; ariko ubu noneho inzego z’ibanze zahagurukiye kubyumva.

Ukwezi kw’imiyoborere mu Rwanda kwatangiye tariki ya 10/2/2014 kukazasozwa tariki 10/3/2014. Abayobozi mu nzego z’ibanze bagenewe uku kwezi kugirango bakorane inama n’abaturage, hagamijwe kumva no gukemura ibibazo bafite; ndetse hazakoreshwa amarushanwa ku miyoborere myiza.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Hakwiye kwigwa uburyo ABASHORAMALI BAGOMBA KUBAKA AMAZU YAMAGOROFA , BATAGUZE IKIBANZA , HASI HAGATUZWA BA NYILIBIBANZA , HEJURU HOSE HAKAZABA AH, UMUSHORAMALI !!!! IBI BYAFASHA IMPANDE ZOSE !!! KAVUKIRE AGAHABWA INZU INGANA NIYO YALI ATUYEMO , ILIMO NIBYANGOMBWA !! LETA NIBYITEHO

KAVUKIRE yanditse ku itariki ya: 19-02-2014  →  Musubize

ubwo abakene bazoroherezwa ni byiza cyane kuko ingeri zose zirakenewe mu mugi.

Kigali yanditse ku itariki ya: 19-02-2014  →  Musubize

leta niyabaturage kandi ikora uko abaturage bashaka, gusa nuko natwe abaturage hari igihe tumera nkabana badatekereza ikintu nakimwe, gusa ndizerako irijambo rybatse abantu benshi , gusa twabwirwako tutazimurwa kungufu , tujye dutereza no kwiterambere ryaigihugu muri rusange , n’imitunganyirize y’umugi wacu, gusa turashima leta kuri byinshi imaze kutugezaho,

cyusa yanditse ku itariki ya: 19-02-2014  →  Musubize

Byihorere Odette Filex uri i remera uramuzi nubugome bwe wagirango we afite agahugu ke ntakorera mu Rwanda nareke abantu bisanire ibyabo cyakora Mayor w’Umugi wa kigali aza mutubarize ikibimutera kwigira indakoreka.

Alias Simba yanditse ku itariki ya: 19-02-2014  →  Musubize

Harinzu zigoye gusana nibyiza ko abashora mari bahagera
bakubaka amazu yaburi byiciro udashoboye agatura ahasho
boka.Rwose nyamirambo iriyubashye,nihindure arimazu,
please.Biryo ye mwe na gitega.

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 19-02-2014  →  Musubize

Ibi bikwiye gushimwa Bravo Mayor mubitubwirire na bayobozi ba remera bigize bandibindeba kuki bangira abaturage gusana ngo nimubishanga mubadufashe rwoseeeee

Ingabire Odette yanditse ku itariki ya: 19-02-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka