Umuhanzi Jay Polly yitabye Imana

Umuhanzi Tuyishime Joshua wamamaye nka Jay Polly biravugwa ko yitabye Imana mu ijoro ryakeye azize uburwayi.

Jay Polly aha yari muri studio kuri KT Radio
Jay Polly aha yari muri studio kuri KT Radio

Jay Polly yari afungiye muri Gereza ya Mageragere akurikiranyweho ibyaha birimo ibyerekeranye n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Mu masaha ya nijoro ngo nibwo yarembye, ajyanwa kwa muganga ariko aza guhita ashiramo umwuka.

Jay Polly ni umwe mu bahanzi nyarwanda bari bafite abakunzi batari bacye haba mu Rwanda no mu mahanga
Jay Polly ni umwe mu bahanzi nyarwanda bari bafite abakunzi batari bacye haba mu Rwanda no mu mahanga

Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko Jay Polly yaba yazize ibiyobyabwenge abafunzwe banywera muri gereza mu buryo butemewe.

Ibyo biyobyabwenge ngo ni ibyo baba bikoreye rwihishwa aho bavangavanga ibintu byinshi hakavamo ikiyobyabwenge gikomeye.

Ibyo biyobyabwenge Jay Polly ngo yabisangiye n’abandi babiri bibamerera nabi cyane, abashinzwe gereza bihutira kujyana abo barwayi kwa muganga ariko Jay Polly we ahita apfa, abo babiri bagenzi be bakirwaye ariko batapfuye bakaba ari bo babisobanuye.

Jay Polly ni umwe mu bahanzi begukanye igihembo cya Primus Guma Guma. Aha yashyikirizwaga ibihembo na Joe Habineza bombi bakaba bitabye Imana muri aya mezi akurikiranye
Jay Polly ni umwe mu bahanzi begukanye igihembo cya Primus Guma Guma. Aha yashyikirizwaga ibihembo na Joe Habineza bombi bakaba bitabye Imana muri aya mezi akurikiranye

Inkuru bijyanye:

Amakuru mashya: Jay Polly yaba yazize ibiyobyabwenge

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 24 )

Nukuza tumesha umusiwokushingura nibisabwa kugira Abantubitabire aribeshi baherekeze Musaza

Rwabigwi Pascal yanditse ku itariki ya: 3-09-2021  →  Musubize

Imana imwakire mubayo twamukundaga

Nsengimana olivier yanditse ku itariki ya: 3-09-2021  →  Musubize

jay wacu Imana imwakire mumahoro Amen Amen.

Nshimyumukiza jean baptiste kodo yanditse ku itariki ya: 3-09-2021  →  Musubize

Jaypolly twagukundaga ruhukira mumahoro mumuziki nyarwanda ntago tuzakwibagirwa.

Niyomufasha john yanditse ku itariki ya: 3-09-2021  →  Musubize

Ngo yitabye imana! Imana se itumira abankwarumogi, Ubu yasanze ba Lacky Dube n’a ba Bob Marley, n’Abandi nk’abo Ubu Bahatwitse batumije urumogi rwa Kanyabayonga, namwe ngo Yitaby’imana? Ihamagara abayikoreye bayizi, Umuntu ager’aho ankwa Cole, na Alcol y’inkweto ari muzima koko,

mamy yanditse ku itariki ya: 2-09-2021  →  Musubize

This is silly idea, don’t judge anyone. Wowe uvuga utyo uzi imibanireye n’Imana?

BYUKUSENGE Alexis yanditse ku itariki ya: 4-09-2021  →  Musubize

Muby’ukuri urupfu rwa Jay polly rurambabaje ariko nyuma y’urupfu ntakindi twakora.
Imana imwakire mubayo kandi ikomeze n’umuryāngo we.

Faida Juru yanditse ku itariki ya: 2-09-2021  →  Musubize

Jay Poll Rest In Peace

Emmanuel SEBAHIRE yanditse ku itariki ya: 2-09-2021  →  Musubize

Ntabwo byumvikana.Iyo Alcool se niyo yatumye apfa?Bagenzi be se,ntacyo babaye?Baba se bashatse kwiyahura?Anyway,yapfuye.Ntabwo yitabye imana nkuko benshi bashinyagura kubera imyemerere idahuje n’uko bible ivuga.Niba yaririnze gukora ibyo Imana itubuza akiriho,izamuzura ku munsi w’imperuka,imuhe ubuzima bw’iteka.Uko niko bible ivuga.Roho idapfa kandi itekereza yahimbwe n’umugereki witwaga Socrates.Ni ikinyoma.Nta kindi gice cy’umubiri gitekereza uretse ubwonko bubora iyo dupfuye.

gatare yanditse ku itariki ya: 2-09-2021  →  Musubize

Jaypoll Rest In Peace twagukundaga muri Hip Hop gusa ntakundi.

Emmanuel SEBAHIRE yanditse ku itariki ya: 2-09-2021  →  Musubize

Jay Polly rest in peace

Saleem digital yanditse ku itariki ya: 2-09-2021  →  Musubize

Kwani watu ambao wako ndani wanaeza tumia bangi (drugs) na security ikiwa nakazi ya police kucyunguza apana kina kitu inafichwa otherwise jay Polly Rip🙈🙈🙈🙈🙈🙈🙈🙈🙈😹😹

Saleem digital yanditse ku itariki ya: 2-09-2021  →  Musubize

#Imanikureberere_mwn_niwacuwatwese_knd_ikwakire_izanaduhe_kucyusa

New_star yanditse ku itariki ya: 2-09-2021  →  Musubize

Bro Jay Polly wari role model wanjye ugiye narinkigufitiye inyota ariko ntakundi imana yagukunze kuturusha, gusa ruhukiramumahoro n’umuryangowawe twifatanije nawo mukababaro. Ugire iruhuko ridashira😭😭

Iradukunda emmanuel yanditse ku itariki ya: 2-09-2021  →  Musubize

Rip imana ikwakire umusaza bye bye urabeho bro

boniface yanditse ku itariki ya: 2-09-2021  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka