Umuhango wo guherekeza Senateri Mucyo mu mafoto
Yanditswe na
Jean Claude Munyantore
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Ukwakira 2016, nibwo umuhango wo guherekeza Senateri Jean de Dieu Mucyo uherutse kwitaba Imana azize urupfu rutunguranye watangiye.

Umuhango wo Kumusezera watangiriye mu rugo iwe i Nyamirambo
Wabimburire no gusezera bwa nyuma Nyakwigendera, umuhango wabereye mu rugo iwe i Nyamirambo mu Murenge wa Kivugiza.
Umuhango wo gushyingura Senateri Mucyo
Nyuma y’uyu muhango bakomereje mu Nteko ishinga amategeko Umutwe wa Sena, aho abayobozi bakuru b’igihugu bagiye ku musezera, bagakomereza muri Paroise Regina Pacis ku musabira ku Mana.
Kigali Today irahababereye irakomeza kubagezaho uko uyu muhango ugenda.

Nyuma yo kumusezera bakomereje mu Nteko ishinga amategeko

Bitwaje indabo zo gushyira ku mva ye

Bageze mu Nteko Ishinga amategeko umutwe wa Sena

Umubiri wa Senateri Mucyo winjijwe mu Nteko ishinga amategeko umutwe wa Sena

Perezida wa Sena Makuza Bernard, Minisitiri muri Peresidansi Tugireyezu Venantie na Ngarambe Francois Umunyamabanga mukuru wa RPF baje gusezera Senateri Mucyo

Abayobozi batandukanye baje gusezera Senateri Mucyo bahagurutse bamuha icyubahiro bwa Nyuma

Minisitiri w’ intebe Murekezi Anastase na Perezida w’urukiko rw’ikirenga Prof Rugege Sam baje gusezera Seneteri Mucyo

Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe na Minisitiri w’Umuco na Siporo Julienne Uwacu bitabiriye uyu muhango

Perezida wa Sena Makuza Bernard atanga ubutumwa bwihanganisha umuryango wa Senateri Mucyo n’umuryango Nyarwanda muri rusange

Minisitiri muri Peresidansi ya Repubulika Tugireyezu Venantie atanga nawe atanze ubutumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Ngarambe Francois Umunyamabanga Mukuru wa RPF Inkotanyi nawe yatanze ubutumwa muri uyu muhango

Perezida wa Sena Makuza Bernard yunamira umubiri wa Senateri Mucyo

Perezida w’Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite Mukabarisa Donatile yunamira Senateri Mucyo

Abayobozi bandi nabo bari kunamira bwa Nyuma Umubiri wa Senateri Mucyo










































































Imana Imwakire mu bayo.
Photo: Muzogeye Plaisir.
Ibitekerezo ( 24 )
Ohereza igitekerezo
|
Twifatanije mukababaro n’umuryango wa Senateri Mucyo uwiteka azababe hafi muri byose no mubihe byose RIP in peaceMucyo.
Nukuri Imana izimpamvu igutwaye Gusa ugiye twari tukigukeneye irakwisubije ntakundi kdi i Ntwari ntipfa ntituzakwibagirwa umuryango wawe ukomere kdi uzabe aheza ni mwijuru ndumva ntacyo narenzaho waramfashije Imana nziko izakumpembera.
Tubuze umugabo wingenzi m’ubuzima bw’Igihugu.
Imana imuhe iruhuko ridashira.
ntituzakwibagirwa imana ikwakire mu bayo!!!
Nta gushidikanya Mucyo ari mu Ijuru
IMANA imuhe iruhuko ridashyira,kubera ko niyo izi ukuntu yabayeho kw’isi,kandi umuryango asize IMANA ikomeze kuyirere kandi bamenye ko byose biva kuri Nyagasani,ntacyo uwo muryango honorable Mucyo jean de Dieu asize uzabura nkuko IMANA irera impfubyi n’abapfakazi,kuruhande rw’u rwanda,abanyarwanda twese nitwihangana kandi tuzakorere igihungu n’umurava,urukundo,ubutabera nkuko Mucyo senateri yagikoreye,nubwo tutaje gushyingura ariko nk’umunyarwanda amateka ye turayazi.Mwihangane,kandi Imana imuhe iruko ridashira,niwabo wa twese,ikingenzi,nukuba muri nyagasani,tugakora ibyiza,ugushaka kwayo
Me Nzitatira Mbonyinkebe Nicodeme,Huissier de justice professionnel(umuhesha w’inkiko w’umwuga),tel 0783463974
Wakoze byinshi byiza IMANA izabiguhembere!
Imana imuhe iruhuko ridashira,ikomeze kandi umuryango we n’abanyarwanda muri rusango.
imana imwakire mubayo ntituzibagirwa impanuro yabwiraga abanyarwanda bigihugu cyose
umuryango wanyakwigendera sinateri mucyo tuwufashe mumugongo
umuryango wanyakwigendera sinateri mucyo tuwufashe mumugong
Twihanganishije umuryango wa nyakwigendera kandi Imana nyir’imbabazi ikomeze ibabe hafi