Umuhanda Kigali-Rulindo-Musanze wabaye nyabagendwa

Umuhanda Kigali-Rulindo-Musanze wari wafunzwe n’inkangu bigatuma utagendwa, ubu wabaye nyabagendwa, nyuma y’aho inzego zibishinzwe ziwutunganyirije.

Ubu uyu muhanda uragendwa
Ubu uyu muhanda uragendwa

Imvura yaguye kuri uyu wa Kane tariki 17 Gashyantare 2022, ni yo yari yatumye inkangu igwa mu muhanda mu Karere ka Rulindo, bityo ntiwongera gutuma ibinyabiziga bihita.

Bikimara kuba, Polisi y’u Rwanda yari yamenyesheje abantu, inabagira inama yo gukoresha umuhanda Kigali-Gicumbi-Base-Musanze, cyangwa uwa Muhanga-Ngororero-Mukamira.

Uwo muhanda wari ufunzwe nyuma y’uko mu ntangiriro z’iki cyumweru, imvura nyinshi yaguye yatumye Nyabarongo yuzura igafunga umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira, ku buryo abawukoresha basabwe kwifashisha umuhanda Kigali-Musanze-Rubavu.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere, kirasaba abantu kutirara muri iki gihe kuko ikirere kigaragaza ko hakiri imvura nyinshi, bagakurikiza amabwiriza ajyanye no kwirinda ibiza.

Imvura imaze iminsi igwa yibasiye cyane uturere twa Huye na Gisagara, mu Majyepfo, Ngororero, Rutsiro na Nyabihu mu Burengerazuba hamwe n’Akarere ka Nyagatare ko mu Ntara y’Iburasirazuba. Aho hose ikaba yarangije byinshi ndetse hari n’ubuzima bw’abantu burahatakarira.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka