Umuhanda Kigali-Musanze wemerewe gucamo imodoka nto gusa

Polisi y’Igihugu yafunguye umuhanda wa Kigali-Musanze nyuma yo gusiburamo icyondo cyari cyawuzuyemo ariko imodoka nto ni zo zemerewe gucamo kugeza ubu.

Imodoka nini nk’amakamyo n’izitwara abagenzi ntizremererwa gucamo ku bw’impungenge z’uko zishobora kunyerera zikagwa mu manga y’ahitwa Buranga, nk’uko amakuru aturuka muri Polisi yakmeje abitangaza.

Leta yu Rwanda irihanganisha abauze ababo bitewe n'ibiza.
Leta yu Rwanda irihanganisha abauze ababo bitewe n’ibiza.

Biteganyijwe ko hari bwifashishe imashini zoza umuhanda kugira ngo zikuremo ubunyererere, kugira bashobore kurekura imodoka zisigaye mu gihe cya vuba.

Hagati aho, Goverinoma yu Rwanda iratangaza ko izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo igoboke abo ibiza byangirije ibyabo muri ibi bihe bigoranye barimo.

Uyu muhanda wafunguwe nyuma y'akazi k'amasaha agera kuri 48 imodoka zikuraho inkangu.
Uyu muhanda wafunguwe nyuma y’akazi k’amasaha agera kuri 48 imodoka zikuraho inkangu.

Ni ubutumwa bwa Perezida Kagame bwatanzwe na minitisitiri w’Intebe Murekezi Anastase ubwo yifatanyaga n’imiryango y’ababuze ababo kubera Ibiza, mu Karere ka Gakenke ubwo hashyingurwa imibiri umunani y’abazize ibi biza mu kagari ka Rusagara, kuri uyu wa mbere tariki 9 Gicurasi 2016.

Yagize ati “Abagize imiryango yabuze ababo kubera ibiza byatewe n’imvura nyinshi nabo byangirije ibyabo, yansabye kubamenyesha ko leta yu Rwanda nk’uko isanzwe ibikora ikomeza gukora ibishoboka byose kugirango ibagoboke.

Leta yu Rwanda izagumya kwifanya n'abahuye n'ibibazo by'ibiza.
Leta yu Rwanda izagumya kwifanya n’abahuye n’ibibazo by’ibiza.

Ibagoboke mu kubona aho muba by’agateganyo ariko igihe cyikazaza kitarambiranye mukabona aho muba kuburyo bwizewe.”

Minisitiri Murekezi avuga ko leta izakomeza kubagoboka mu byerekeranye no kwivuza no kubona ibibatunga muri ibi bihe bikomeye, yanatangiye gukora imihanda no gusana amateme byangirijwe n’ibiza.

Nyiri kwa Nyirangarama Sina Gerard hamwe umuyobozi w'intara y'amajyaruguru Bosenibamwe Aime bifatanyije n'abatuye akarere ka Gakenke guherekeza ababo bazize ibiza.
Nyiri kwa Nyirangarama Sina Gerard hamwe umuyobozi w’intara y’amajyaruguru Bosenibamwe Aime bifatanyije n’abatuye akarere ka Gakenke guherekeza ababo bazize ibiza.

Mu karere ka Gakenke imvura yaguye mu ijoro ryishyira tariki ya 8 Gicurasi 2016, yateje inkangu zihitana abantu 35 abandi 19 barakomereka, hanasenyuka amazu 460 hamwe na hegitari 1.250 by’ubuso bw’imirima yari ihinzeho imyaka y’abaturage.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Police Irabe Maso Mu Muhanda Kigali-musanze

Alias yanditse ku itariki ya: 10-05-2016  →  Musubize

Nyuma Yo Gufungura Umuhanda: Ubufugizi Ku Muhanda Kigali-musanze Nukwitonda Kuko Urujya Nu Ruza Rw Imodoka Nu Muvuduko Wazo Uteye Impungenge Pe,police Irabe Maso

TUYISENGE JOEL yanditse ku itariki ya: 10-05-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka