Umuhanda Kigali-Karongi-Nyamasheke-Rusizi nturi nyabagendwa

Polisi y’u Rwanda yamenyesheje abaturage ko kubera imvura nyinshi imaze iminsi igwa, inkangu yangije umuhanda ahitwa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke, bityo umuhanda Kigali- Karongi-Nyamasheke- Rusizi ukaba utari nyabagendwa.

Imvura imaze iminsi igwa yateye inkangu ifunga umuhanda. Ku ifoto uyu ni umuhanda Rutsiro-Rubavu wari wangiritse mu minsi ishize
Imvura imaze iminsi igwa yateye inkangu ifunga umuhanda. Ku ifoto uyu ni umuhanda Rutsiro-Rubavu wari wangiritse mu minsi ishize

Polisi y’u Rwanda igira inama abakoreshaga uyu muhanda gukoresha umuhanda Kigali-Huye-Rusizi, naho abava mu Karere ka Karongi bajya muri Nyamasheke, bakaba bagarukira ku Karere ka Nyamasheke.

Polisi kandi yasabye abaturage kwihanganira izi mbogamizi mu gihe imirimo yo gutunganya uyu muhanda irimo gukorwa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ubuse wowe ukosoye iki ra hahahaaaaa

Alias yanditse ku itariki ya: 21-10-2020  →  Musubize

Mwiriwe meihangane kuba mbivuze mujye mubanza kureba neza ijambo kurindi mukwandika ikinyarwanda.ntibandika ngo;(umuhanda nturi nyabajyendwa)bandika ngo ; (umuhanda ntukiri ntabajyendwa.(Umuhanda Kigali-Karongi-Nyamasheke-Rusizi nturi nyabagendwa)

J B yanditse ku itariki ya: 21-10-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka