Uhanganye n’ibibazo ntiyivuga ibigwi - Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame atangaza ko imwe mu nzira zafashije u Rwanda kuva mu icuraburindi ry’ubukene ari ugukemura ikibazo kimwe ku kindi nta kubyigamba.

Perezida Kagame yaganiriye n'abayobozi bakiri bato bibumbiye mu muryango YPO
Perezida Kagame yaganiriye n’abayobozi bakiri bato bibumbiye mu muryango YPO

Perezida Kagame avuga ko iyo umuntu yivuze ibigwi igihe atsinze ikibazo kimwe, bimwibagiza ko hari ibindi biri mu nzira.

Agira ati “Ugomba guhangana n’ibibazo byawe. Kandi iyo uhangana na byo ntugomba kwirara ngo wigambe kuko ikibazo kimwe gishira ikindi kiza.”

Perezida Kagame mu Kiganiro n'abahagarariye Young Presidents
Perezida Kagame mu Kiganiro n’abahagarariye Young Presidents

Yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamuryango 80 b’ishyirahamwe ry’abayobozi bakiri bato ku isi, basuye u Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nyakanga 2018.

Abo bayobozi bakiri bato bari baje mu Rwanda muri gahunda y’uwo muryango yo kubafasha gusobanukirwa imiyoborere.

Perezida Kagame yavuze ko adashimishwa n’uko Abanyarwanda bakwishyiramo ko igihugu cyabo ari isomo ku mahanga, bityo bakibagirwa ibyo bahanganye na byo.

Perezida Kagame asuhuza abanyamuryango 80 bahagarariye Young Presidents
Perezida Kagame asuhuza abanyamuryango 80 bahagarariye Young Presidents
Bamwe muri bo bafashe amafoto y'urwibutso na Perezida Kagame
Bamwe muri bo bafashe amafoto y’urwibutso na Perezida Kagame
Ifoto rusange y'Urwibutso Perezida Kagame yafatanye n'abanyamuryango ba Young Presidents
Ifoto rusange y’Urwibutso Perezida Kagame yafatanye n’abanyamuryango ba Young Presidents
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka