Uburengerazuba: Barasabira Perezida Kagame gukomeza kubayobora kuko yabafashije kwikura mu bukene

Bamwe mu baturage bo mu ntara y’Uburengerazuba babashije kwikura mu bukene, barasaba ko Perezida Kagame yakwemererwa gukomeza kubayobora kuko ibyo bagezeho ari we babikesha nyuma yo kubafasha kwiteza imbere akanabagezaho umutekano urambye.

Babitaje kuri uyu wa gatatu tariki 10 Kamena 2015, ubwo hatangizwaga icyumweru cya Polisi “Police Week” cyatangirijwe mu karere ka Rubavu, aho bavuga ko ibyo bagezeho byose ari ubuyobozi bwe babikesha.

Abaturage babinyujije mu mbyino no mu nyandiko, basaba ko Perezida Kagame yakomeza kuyobora nyuma ya 2017.
Abaturage babinyujije mu mbyino no mu nyandiko, basaba ko Perezida Kagame yakomeza kuyobora nyuma ya 2017.

Habimana Assoumani wo mu karere ka Rubavu, avuga ko kubera umutekano bakesha leta y’Ubumwe, yabashije gukoraava ku bunyonzi bw’igare none ubu ni umumotari akaba yaranabashije kwigurira inzu ya miliyoni ebyiri n’igice.

Yagize ati “Natwaye Umukongomani muzengurutsa hafi Rubavu yose,amaze kureba ibikorwa tugezeho,arambaza ndamusobanurira nti ibi tubikesha umutekano n’abayobozi bashoboye, nta bukungu kamere dufite ubukungu dufite n’abaturage bumvira amategeko y’igihugu bakagira icyo bageraho.”

Assoumani avuga ko ashima ubuyobozi bwa Perezida Kagame bukunda abo buyobora.
Assoumani avuga ko ashima ubuyobozi bwa Perezida Kagame bukunda abo buyobora.

Yongeraho ko ashima ubuyobozi bwa Perezida Kagame butavangura,butarebera,ukunda abaturage ayoboye.

Undi muturage utuye mu murenge wa Kivumu, umudugudu wa Bukiro mu karere ka Rutsiro usanzwe akorera uburobyi mu makipe mu kiyaga cya Kivu, avuga ko ashima Perezida Kagame wakuye umuryango we mu bukene.

Ati “Yadukuye mu nzu y’ubukene,adushyira mu nzu y’amabati,n’ibindi bikorwa tugenda tunabona kubera ko turihirirwa mu batishoboye. Nize ishuri ndihirirwa ku busa kandi yanafashije mama kuva mu bukene yarimo.”

Babitangaje mu gikorwa cyo gutangiza "Police week."
Babitangaje mu gikorwa cyo gutangiza "Police week."

Byukusenge Daniel nawe uturuka mu kagari ka Karambi mu murenge wa Kivumu muri Rutsiro avuga ko yakwishimira ko Perezida Kagame yakongera kuyobora u Rwanda, kuko ibikorwa rugezeho byivugira.

Binyuze mu nyandiko bashyikiriza inteko ishingamategeko abandi bakabinyuza mu buryo butandukanye yaba kubivuga cyangwa se kubiririmba, bamwe mu baturage hirya no hino mu gihugu bakomeje kugaragaza ibyifuzo by’uko Perezida Kagame yabayobora mu yindi manda.

Ibindi bamushimira ni uko kimwe n’abo bari bafatanije bahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 na gahunda zitandukanye zikura abaturage mu bukene zashyizweho mu gihe cy’ubuyobozi bwe.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Paul Kagame yadukuye ahaga cyane aduha ibyo twari dukeneye " umutekano maze ibindi byose dukora tubikora twisanzuye, akwiye indi mandat rwose

nemeya yanditse ku itariki ya: 11-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka