U Rwanda rwasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’igihugu cya Malta

Kuri uyu wa 11 Gicurasi 2023, u Rwanda n’Igihugu cya Malta byasinyanye amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Nk’uko tubisanga ku rukuta rwa Twitter rwa minisiteri y’ububanyi n’amahanga, ni amasezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta, hamwe na na mugenzi we w’igihugu cya Malta, Ian Borg.

Aya masezerano azibanda ku bijyanye na serivisi zo mu kirere, ubufatanye mu mahugurwa kuri dipolomasi, ubukerarugendo ndetse no kwakira abashyitsi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka