U Rwanda rwashyikirijwe imirambo y’abaturage babiri biciwe muri Uganda

Ku mupaka wa Gatuna mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi, kuri uyu wa Kane tariki 09 Nzeri 2021, habereye igikorwa cyo kwakira ku mugaragaro imirambo ibiri y’Abanyarwanda biciwe mu gihugu cya Uganda.

Abo bishwe ni Dusabimana Théoneste w’imyaka 52, uvuka mu dugudu wa Kiriba mu Kagari ka Muhambo mu Murenge wa Cyumba wabonetse ku wa 30 Kanama 2021 yishwe.

Undi ni Bangirana Paul w’imyaka 47 wo mudugudu wa Cyasaku, akagari ka Nyarwambu mu Murenge wa Kaniga wabonetse yishwe ku itariki 02 Nzeri 2012.

Ku ruhanda rw'u Rwanda rwari ruhagarariwe na Ndayambaje Felix, Umuyobozi w'Akarere ka Gicumbi
Ku ruhanda rw’u Rwanda rwari ruhagarariwe na Ndayambaje Felix, Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi

Muri icyo gikorwa, Leya ya Uganda yari ihagarariwe na Chairman w’Akarere ka Kabale Hon. Nelson Nshangabasheija n’Inzego z’Umutekano, mu gihe Leta y’u Rwanda yari ihagarariwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi Ndayambaje Félix, ari kumwe n’inzego z’Umutekano.

Abo Banyarwanda bishwe bombi babaga muri Uganda, aho bari basanzwe bakorera imirimo yabo ya buri munsi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Birababajepe??
Twihanganishije imiryango yabobantu biciwe mu bugande

Ni kisi yanditse ku itariki ya: 11-09-2021  →  Musubize

Abazize ibyo batazi imana ibakire...ntibikwiye ko hari amaraso ameneka u.umunyafrika we are one ...let us make the united states of africa( USAF)

Luc yanditse ku itariki ya: 9-09-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka