U Rwanda rurashima ibyo Ambasaderi Kunio Hatanaka yakoze mu Rwanda

Ambasaderi Kunio Hatanaka wasoje imirimo ye yo guhagararira u Buyapani mu Rwanda, yashimiwe ibyo yabashije kugeraho mu myaka itatu amaze mu Rwanda, ubwo yasezeraga ku mugaragaro umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 11/02/2013.

Mu mirimo yibanzeho muri iki gihe amaze mu Rwanda, Ambasaderi Hatanaka yagaragaye cyane mu bikorwa byo kuzamura ishoramari,
ubucuruzi mu Rwanda, nk’uko byatangajwe n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Mary Baine.

Yagize ati: “Mbere y’uko aza mu Rwanda yakoraga mu bintu bijyanye n’ishoramari, mu myaka itatu yamaze mu Rwanda ni nabyo yibandagaho, harimo ubucuruzi n’ishiramari. Mubyo yashyizemo ingufu ni iyubakwa ry’ikiraro cya Rusumo, yashyize ingufu kugira ngo hajyeho umupaka umwe mu karere”.

Baine yatangaje ko banamushimiye uburyo yagerageje guteza imbere gahunda yo kuhira imyaka, cyane cyane mu gice cy’Iburasirazuba, aho yigereraga mu mirima akareba aho bigeze bikorwa.

Ambasaderi Kunio Hatanaka na Perezida Kagame (hagati) hamwe n'abandi bayobozi ku mpande zombi.
Ambasaderi Kunio Hatanaka na Perezida Kagame (hagati) hamwe n’abandi bayobozi ku mpande zombi.

Ambasaderi Hatanaka uzava ku butaka bw’u Rwanda mu minsi ibiri, yatangaje ko yishimiye cyane gukorana n’u Rwanda cyane cyane ko yemeza ko hari byinshi igihugu cye gihuriyeho n’u Rwanda, nk’isuku, gukora ibintu biri ku murongo no gukunda umurimo.

Yatangaje ko yifuza ko Perezida Kagame atazabura mu nama mpuzamahanga izabera i Yokohama izaterana mu kwezi kwa 06/2013, ikaba igamije kwiga ku iterambere rya Afurika (TICAD V).

Uzasimbura Ambasaderi Hatanaka ntaramenyekana, ariko inama y’Abaminisitiri yateranye mu cyumweru gishize yamaze kumuha ikaze.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ambasaderi hatanaka biragaragara,ko yari umukozi mwiza wakundaga umurimo.turifuza undi umeze nkawe.

claudine yanditse ku itariki ya: 12-02-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka