U Rwanda rumaze kwakira abandi Banyarwanda bari bafungiwe muri Uganda (Video)
Itsinda rya mbere ry’Abanyarwanda 29 bari bafungiwe muri Uganda bamaze kugera mu Rwanda kuri uyu wa mbere tariki 08 Kamena 2020. Bahageze ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, abo Banyarwanda bakaba bacyurwa mu byiciro bitandukanye.
Nyuma yaho haje n’abandi bari mu byiciro bitandukanye bose hamwe babarirwa muri 80 binjiriye ku mupaka wa Kagitumba, bakaba ari bamwe mu Banyarwanda 130 Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Uganda Sam Kutesa yatangaje ko bazarekurwa mu ntangiriro z’iki cyumweru, akaba yarabivugiye mu biganiro biherutse guhuza intumwa z’u Rwanda na Uganda.
Ibiganiro byari byahuje impande zombi ndetse n’abahuza bo mu bihugu bya Angola na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bikaba byarabaye hifashishijwe ikoranabuhanga rya Video Conference tariki 4 Kamena 2020.
Muri ibyo biganiro byabaye mu cyumweru gishize, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane Dr. Vincent Biruta wari uyoboye intumwa z’u Rwanda yavuze ko hari intambwe yatewe mu gushyira mu bikorwa amasezerano ya Luanda, ariko anavuga ko Uganda ikomeje gufunga no guhohotera Abanyarwanda.
Minisitiri Sam Kutesa wari uyoboye intumwa za Uganda muri ibyo biganiro yavuze ko Uganda ko mu kwezi kwa Gicurasi hari Abanyarwanda basaga 130 bari bafungiwe muri Uganda barekuwe, hakaba hari hagikurikizwa ibiteganywa kugira ngo bashyikirizwe u Rwanda, dore ko byagaragaye ko bari bafunzwe barengana.
Icyo gihe yavuze ko bazashyikirizwa u Rwanda hagati yo ku wa mbere no ku wa kabiri anasaba abayobozi bireba mu Rwanda kuzaba bahari kugira ngo bakire abo Banyarwanda.
Gusa icyo gihe Kutesa yavuze ko hari abandi Banyarwanda 310 yavugaga ko bakoze ibyaha bikomeye bazakomeza gufungwa, amakuru arebana na bo Uganda ikazayasangiza u Rwanda.
Abanyarwanda barekurwa kuri uyu wa mbere tariki 08 Kamena 2020 baraba babaye icyiciro cya gatatu cy’Abanyarwanda barekuwe na Uganda, icya mbere kikaba cyarimo Umunyarwanda Réné Rutagungira uvugwaho kuba umwe mu Banyarwanda bafashwe mbere bagafungirwa muri gereza zikorerwamo ibikorwa by’iyicarubozo ku Banyarwanda.
Biteganyijwe ko aba Banyarwanda barekuwe na Uganda kuri iyi nshuro bashyirwa mu kato i Kayonza ku cyicaro cya kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Rukara.
- Bagera ku mupaka bagahabwa udupfukamunwa bakabona kwinjira mu Rwanda
- Icyiciro cya nyuma cy’abaje kuri uyu wa mbere cyahageze ahagana saa mbili z’umugoroba. Cyari kigizwe n’abantu 13 abaje bose hamwe bakaba ari 80
Babiri muri bo ubwo bavuganaga n’itangazamakuru, bavuze ko batababariwe nk’uko abayobozi ba Uganda babivuga ahubwo ko bashoje ibihano bakatiwe n’urukiko.
- Hakizimana Innocent yari yarakatiwe imyaka ibiri. Yafunzwe mu 2018 akaba aje arangije igihano. Iyi myenda yambaye ngo ni iyo babambitse babasohoye muri gereza
- Mbarushimana Jean Bosco
Mbarushimana Jean Bosco w’imyaka 26 y’amavuko akomoka i Musanze akaba yarafatiwe muri Uganda mu 2019 yagiye gusura inshuti ye.
Mbarushimana yakatiwe amezi 26 y’igifungo akaba aje ayarangije. Avuga ko ubuyobozi bwa Uganda bubeshya ko bababariwe ariko mu by’ukuri ngo bari barangije ibihano.
Aho bari bafungiye naho ngo bari babayeho mu buzima bubi, batotezwa, bagakubitwa, bagahingishwa ndetse bagakoreshwa n’indi mirimo itandukanye y’agahato.
Biteganyijwe ko abakiriwe ku wa mbere ku mupaka wa Kagitumba bakurikirwa n’ikindi cyiciro cy’abakirwa kuri uyu wa kabiri, ariko bo bakakirirwa ku mupaka wa Cyanika uherereye mu Majyaruguru y’u Rwanda.
Amafoto&Video: Roger Marc Rutindukanamurego
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Yakorewe iyicarubozo muri Uganda bamujugunya ku mupaka atabasha kugenda (ubuhamya)
- Hari Abanyarwanda bafungirwa muri Uganda barara bakubitwa insinga (ubuhamya)
- Abanyarwanda 6 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda harimo utabasha kugenda
- Hari abasirikare ba Uganda binjiye mu Rwanda bashimuta abantu – Minisitiri Biruta
- Nabaye mu musarane amezi 6 ku mapingu nambaye uko navutse - Umwe mu barekuwe na Uganda
- Abanyarwanda 12 bari bafungiye muri Uganda bageze mu Rwanda
- Abandi Banyarwanda barekuwe na Uganda bageze mu Rwanda
- Uganda igiye kurekura Abanyarwanda 130 yari ifunze mu buryo budakurikije amategeko
- Gutoterezwa muri Uganda bitumye yiyemeza gushakira imirimo mu Rwanda
- Dore imyanzuro ifatiwe mu nama yaberaga ku mupaka wa Gatuna/Katuna
- Amafoto: Kagame, Museveni, Tshisekedi na Lourenço bageze i Gatuna
- Perezida Kagame yakiriye João Lourenço na Tshisekedi mbere yo kwerekeza i Gatuna
- Perezida wa Angola João Lourenço araye mu Rwanda
- Nzabonimpa ngo bamujyanye mu gitero cya Kinigi bamushoreye nk’intama
- U Rwanda rwakiriye neza irekurwa ry’Abanyarwanda bari bafungiye muri Uganda
- Abanyarwanda 15 barekuwe na Uganda bageze mu Rwanda
- Uganda yarekuye Abanyarwanda 13
- Nubwo Abanya-Uganda badusaba gufungura imipaka, ni bo bayifunze – Perezida Kagame
- U Rwanda na Uganda birarekura abafungiye muri buri gihugu mu byumweru bitatu
- U Rwanda rwongeye gusaba Uganda kurekura Abanyarwanda bafungiyeyo
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|