U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

Perezida Paul Kagame yahishuye ko u Rwanda ruteganya gufungura ambasade i Maputo muri Mozambique, mu rwego rwo kuzamura umubano n’icyo gihugu.

Perezida Kagame yaraye yakiriye ku meza Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi
Perezida Kagame yaraye yakiriye ku meza Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi

Perezida Kagame yabitangaje ubwo yakiraga ku meza Perezida w’icyo gihugu, Filipe Nyusi, uri mu Rwanda, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 20 Nyakanga 2018.

Yagize ati "Nabwiye Perezida Nyusi ko mu minsi iri imbere tuzafungura Ambassade i Maputo. Ibi bizadufasha gukomeza gushimangira ubuhahirane hagati y’ibihugu byacu."

Perezida Kagame yemeza ko gukorera hamwe n’ibihugu ari yo nzira yo kugera ku iterambere ry’umugabane wa Afurika.

Ati "Nta yindi nzira izadufasha gukomeza urugamba rwo Kwibohora, uretse guhuza imbaraga n’ubushobozi tugamije guhindura ubuzima bw’abaturage bacu."

Mozambique ni kimwe mu bihugu bya Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara gituwe n’Abanyarwanda benshi, kandi abenshi muri bo bahakorera ibikorwa bijyanye n’ubucuruzi.

Andi mafoto

Abaperezida bombi banasangiye n'abaminisitiri bashinzwe ububanyi n'amahanga b'ibihugu byombi
Abaperezida bombi banasangiye n’abaminisitiri bashinzwe ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi
Bataramiwe n'intore z'u Rwanda
Bataramiwe n’intore z’u Rwanda
Uyu muhango wari watumiwemo n'abandi bayobozi bakuru ndetse n'abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda
Uyu muhango wari watumiwemo n’abandi bayobozi bakuru ndetse n’abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda

Kureba andi mafoto menshi kanda AHA

Amafoto: Fulgence Kwizera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka