U Rwanda na Amerika byiyemeje gukomeza gushimangira umubano

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier, ku wa Kane tariki 18 Mutarama 2024, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Eric Kneedler, byabereye mu Nteko Ishinga Amategeko, byibanze ku mubano w’ibihugu byombi no kureba uko Inteko Ishinga Amategeko y’Amerika n’iy’u Rwanda, bikomeza gutsura umubano.

Baganiriye ku mubano hagati ya Amerika n'u Rwanda
Baganiriye ku mubano hagati ya Amerika n’u Rwanda

Perezida wa Sena Dr Kalinda François Xavier, yatangaje ko baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi mu nzego zitadukanye zirimo umutekano mu karere, no ku ngingo zirimo ubukungu, ubukerarugendo, ubuzima n’ibindi.

U Rwanda na Leta zunze Ubumwe za Amerika bisanzwe bifitanye umubano mwiza ,ugaragarira mu bikorwa bitandukanye, ibihugu byombi bikaba byaragize ibirori byo kwishimira uko bibanye tariki 28 Nyakanga 2023, byabereye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika, Capitol.

Hon Dr Kalinda na Amb Eric Kneedler
Hon Dr Kalinda na Amb Eric Kneedler

U Rwanda na Amerika bifitanye kandi amasezerano y’ubufatanye mu by’ikirere, yashyizweho umukono mu mpera z’umwaka wa 2022. Aya masezerano agamije gushyigikira ikoreshwa neza ry’ikirere, no guhangana n’ibibazo byugarije Isi muri iki kinyejana cya 21.

Aya masezerano azwi nka Artemis, agamije kugena uburyo ibihugu byo ku Isi bikoresha neza ikirere igihe bagikoreramo ubushakashatsi.

Amb Eric Kneedler
Amb Eric Kneedler
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka