U Budage: Perezida Kagame yitabiriye inama y’ibihugu 20 bikize ku isi

Perezida Paul Kagame yageze i Berlin mu Budage yitabiriye inama y’ibihugu 20 bikize ku isi, aho aza no gusobanurira abayitabiriye uruhare rwa Afurika mu iterambere ry’isi.

Perezida Kagame aritabira iyi nama nk'umuyobozi wa AU ariko kandi anahagarariye u Rwanda ruri muri gahunda ya CwA
Perezida Kagame aritabira iyi nama nk’umuyobozi wa AU ariko kandi anahagarariye u Rwanda ruri muri gahunda ya CwA

Iyo nama yiga ku ishoramari muri Afurika ihuje ibihugu 20 bikize ku isi na bimwe mu bihugu bya Afurika, muri gahunda yiswe “G20 Compact with Africa (CwA)

Biteganijwe ko abashoramari b’Abadage baza kwerekana umushinga mugari bafite wo gushora imari muri Afurika no gushaka amahirwe ahagaragara.

U Rwanda ruyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) na rwo ruri muri iyo gahunda ya CwA, imaze kwinjirwamo n’ibihugu 11 ari byo: Benin, Côte d’Ivoire, Misiri, Ethiopia, Ghana, Guinea, Maroc, Rwanda, Senegal, Togo, na Tunisia.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Turashimira Nyakubahwa president wa repubulika wacu isura nziza akomeje kuduhesha muru hando mpuzamahanga

jibsonson yanditse ku itariki ya: 31-10-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka