Sudani: Ingabo z’u Rwanda zashyikirije abaturage ishuri zabubakiye

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani, zagejeje kuri Leta y’icyo gihugu mu cyumweru gishize, ishuri zubatse.

Ingabo z’u Rwanda ziri ahitwa El Fasher, zubatse ndetse zivugurura inyubako zishaje z’ishuri ribanza ryitwa Jugu Jugu, ryari ryarubatswe mu mwaka wa 1946.

“Ibi bikorwa biri mu rwego rwo guteza imbere indangangaciro z’u Rwanda; tukaba tugomba guharanira amahoro aho akenewe hose”, nk’uko Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda zigize umutwe wa Loni muri Darfur (UNAMID), Col Happy Ruvusha yabitangaje.

Ingabo z'u Rwanda zashyikirije Leta ya Sudani ishuri zubatse muri Darfur, hari n'abahagarariye umutwe wa UNAMID
Ingabo z’u Rwanda zashyikirije Leta ya Sudani ishuri zubatse muri Darfur, hari n’abahagarariye umutwe wa UNAMID

Itangazo rya Ministeri y’Ingabo z’u Rwanda riravuga ko iryo shuri rya Jugu Jugu, ubu rifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri bagera kuri 400. Usibye kuvugurura ibyumba by’amashuri, hongeweho n’inyubako ubuyobozi buzajya bukoreramo.

Ingabo z’u Rwanda kandi zubatse ubwiherero n’uruzitiro by’iryo shuri, ndetse zinahacukura iriba ry’amazi.

Ibi bikorwa byose byatewe inkunga n’Ingabo z’Umuryango w’abibumbye muri Darfur(UNAMID), zirimo n’iz’u Rwanda.

Umuyobozi w’Ingabo za UNAMID mu majyaruguru ya Darfur ahubatswe ishuri rya Jugu Jugu, Brig Gen Amgad Morsi yashimiye Ingabo z’u Rwanda zubatse ishuri ryiza, avuga ko kandi zirangwa n’ubwenge, umurava n’ubwitange.

Ubuyobozi bwa Sudani na UNAMID bwahaye ibyemezo by'ishimwe ingabo z'u Rwanda zubatse ishuri rya Jugu Jugu
Ubuyobozi bwa Sudani na UNAMID bwahaye ibyemezo by’ishimwe ingabo z’u Rwanda zubatse ishuri rya Jugu Jugu

Uwari uhagarariye Ministeri y’uburezi ya Sudani, Yussuf Adil Abdel Ishag washyikirijwe iryo shuri n’Ingabo z’u Rwanda, nawe yunzemo ati:”Turishimira iki gikorwa cy’umwihariko Ingabo z’u Rwanda zidukoreye, none murabona ko ishuri rihindutse rishya”.

Ibikorwa bya UNAMID muri Sudani byatangiye kurenga gucunga umutekano gusa, aho Ingabo z’u Rwanda zifatanya n’abaturage kubaka ibikorwa by’ibanze bikenerwa mu mibereho ya buri munsi, birimo kububakira abaturage amavomo, amashyiga ya rondereza, amashuri n’amavuriro.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Abasorebacumurintashyikirwapeturabemera

Deo yanditse ku itariki ya: 15-09-2015  →  Musubize

Ngabo z’u Rwanda,indashyikirwa rwose muringenzi intwari zesa imihigo!ngabo...

habimana Alphonse yanditse ku itariki ya: 14-09-2015  →  Musubize

Bravo ngabo z’u Rwanda, mwakoze cyane kubw’igikorwa cyo kwitanga mukubaka ishuri.

Silas Murava yanditse ku itariki ya: 14-09-2015  →  Musubize

Jugu Jugu iki se ni ikinyarwanda

Caillou yanditse ku itariki ya: 14-09-2015  →  Musubize

Abanyarwanda,gukunda umurimo biturimo rwose, kubakira inzu i Mahanga, abirirwa bavuga se bagiye bareberaho.

Kilimobenecyo yanditse ku itariki ya: 14-09-2015  →  Musubize

JUGUJUGU!!!!!!ahhhhh

rukara yanditse ku itariki ya: 14-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka