Ruyenzi: habaye impanuka abantu barakomereka ariko nta wapfuye

Imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya sosiyete itwara abantu ya Rugali Express yaguye ku Ruyenzi ahagana mu ma saa kumi z’umugoroba. Nta muntu n’umwe yahitanye keretse bake bakomeretse ku buryo bworoheje.

Iyo modoka yavaga ku Buhanda igana i Kigali. Nk’uko umushoferi wari utwaye iyo modoka abitangaza, ngo yagize ikibazo cy’icyuma kiyobora imodoka (volant) maze agonga inkengero z’umuhanda, imodoka igwira uruhande rw’umuhanda rw’ibumoso igushije urubavu rw’iburyo rw’imodoka.

Marie Josee Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka