Rutsiro: Ibibazo by’umuhanda wa kaburimbo n’inkuba zica abantu ku isonga y’ibyo bazabaza Perezida nabagenderera

Abaturage bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko bafite ibibazo byinshi bifuza kubaza Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ariko harimo iby’ibanze birimo ikibazo cyo kuba akarere kadafite umuhanda wa kaburimbo n’ik’inkuba zikomeje guhitana ubuzima bw’abatuye aka gace.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame arateganya gusura akarere ka Rutsiro mu minsi iri imbere, ariko n’ubwo itariki azaziraho itaratangazwa imyiteguro yo kumwakira yo yamaze gutangira.

Umuhanda Rubengera-Rutsiro-Rubavu Perezida ngo yabemereye kuwushyiramo Kaburimbo ubwo yiyamamazaga mu mwka wa 2010 ukaba uri mu byo bazamibutsa.
Umuhanda Rubengera-Rutsiro-Rubavu Perezida ngo yabemereye kuwushyiramo Kaburimbo ubwo yiyamamazaga mu mwka wa 2010 ukaba uri mu byo bazamibutsa.

Ntawurushimana Pascal atuye mu kagari ka Shyembe mu murenge wa Gihango yagize, ati” Perezida wacu naza ikintu cya mbere namubaza kandi nziko atari njuye njyenyine wakimubaza ni uyu muhanda mubi uduhangayikishije ndetse n’inkuba zikomeje kudutwara abantu nkifuza ko yadushakira uburyo zagabanuka.”

Undi muturage witwa Mukandori Vestine utuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Gihango, nawe yemeza ko inkuba zigabanutse abantu batuza ariko akitsa cyane ku muhanda wa Kaburimbo.

Asobanura ko kuba uhari ari mubi bituma batabona uko bahahirana n’utundi turere, akifuza ko iki kibazo ari cyo k’ibanze yageza kuri Perezida.

Inama zitegura uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika zatangiye mu mirnge yose kuri uyu wa kabiri tariki ya 09 Kamena 2015.
Inama zitegura uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika zatangiye mu mirnge yose kuri uyu wa kabiri tariki ya 09 Kamena 2015.

Ibindi bibazo abaturage bifuza kubaza umukuru w’igihugu ni ukubongerera ibitaro dore ko hari ibitaro bimwe bya Murunda Gusa. Bifuza kandi ko yafasha akarere kugeza amashanyarazi aho ataragera no gukangurira abayobozi b’akarere kujya babakemurira ibibazo batarinze gusiragira.

Akarere ka Rutsiro niko konyine mu turere 30 tugize u Rwanda kadafite umuhanda wa Kaburimbo ni nako gatakaza abantu benshi bishwe n’inkuba, nk’aho mu 2014 umwaka warangiye abasaga 30 bahitanywe nazo.

Kugeza ubu hamaze kugera intumwa zavuye muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu zaje kureba ibikorwa yazasura kureba.

Mbarushimana Cisse Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Ariko cissé kuki wirengagiza nkana.Ubu ikibazo cy’umuhanda kibabaje icy’abaganga bamaze amezi 7 babuyezwa nk’imisega Hejuru ya ruswa ivuza ubuhuha mu batitulaire ?

Rutikanga yanditse ku itariki ya: 13-06-2015  →  Musubize

ikibazo cyumuhanda byo ningorabahizi ark ubwo umusaza agiye kuza bizakemuka

alias yanditse ku itariki ya: 12-06-2015  →  Musubize

ikibazo cyumuhanda byo ningorabahizi ark ubwo umusaza wagiye kuza bizakemuka

alias yanditse ku itariki ya: 12-06-2015  →  Musubize

ikibazo cyumuhanda byo ningorabahizi ark ubwo umusaza wagiye kuza bizakemuka

alias yanditse ku itariki ya: 12-06-2015  →  Musubize

Kaburimbo no muri Gisagara district ntayibamo

Budanga yanditse ku itariki ya: 11-06-2015  →  Musubize

Ariko Kagame yaragowe kabisa n’inkuba ziramureba!!!!

dudu yanditse ku itariki ya: 11-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka