Ruswa yakubitiwe inyundo mu Mujyi wa Kigali: Amafoto

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Ukuboza 2019, mu Rwanda habereye igikorwa cyo Guhemba indashyikirwa mu kurwanya Ruswa , kitwa Anti Corruption Excellence Award 2019, gitegurwa n’umuyobozi w’ikirenga wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad al Thani ari na we cyitiriwe.

Abayobozi bakubita Inyundo Ruswa
Abayobozi bakubita Inyundo Ruswa

Iki gikorwa cyo guhemba izi ndashyikirwa mu kurwanya Ruswa cyabimburiwe n’umuhango wo kumurika ikirango cy’ikiganza kigaragaza umucyo(Transparency) iki gikorwa kikaba cyari kiyobowe na Perezida Kagame ndetse na Sheikh Tamim bin Hamad al Thani .

Nyuma yo kumurika icyo kirango abayobozi barimo Perezida Paul Kagame; Perezida wa Namibia, Hage Gottfried Geingob, Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar (Emir) Sheikh Tamim bin Hamad al Thani, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, Gianni Infantino; na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU), Moussa Faki Mahamat; bafashe utunyundo basenya ikirango cya Ruswa mu Rwego rwo kugaragaza ko Bakeneye ibihugu bitarangwamo ruswa.

Dore mu mafoto uko byari bimeze aba bayobozi basenya Ruswa

Ibirango bya Ruswa byakubiswe inyundo birasenywa
Ibirango bya Ruswa byakubiswe inyundo birasenywa
Ruswa imaze gusenywa himakajwe gukorera mu Mucyo bigaragazwa n'ikirango cy'Ikiganza
Ruswa imaze gusenywa himakajwe gukorera mu Mucyo bigaragazwa n’ikirango cy’Ikiganza

Kureba andi mafoto ya Anti Corruption, kanda hano

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka