Rusizi: Umuyobozi w’akagari yongeye gufungwa incuro ya gatatu azira ruswa

Jean Havugimana, umuyobozi w’akagari ka Ishwa ko mu murenge wa Nkombo, yongeye gutabwa muri yombi azira gufata ruswa. Iyi ibaye incuro ya gatatu afugwa kandi azira ruswa ituruka mu mitego ya kaningini ifata injanga.

Intandaro yo gufatwa kuyu muyobozi yaturutse ku mitego ya kaningini ibiri yari yafashe y’abarobyi bazikoresha mu buryo butemewe n’amategeko. Nyuma ngo uyu mugabo yasabye banyirazo amafaranga ibihumbi 50 kugir ango azibasubize.

Umuyobozi w'akagari yatawe muri yombi azira ruswa.
Umuyobozi w’akagari yatawe muri yombi azira ruswa.

Byabaye ngombwa ko aba bagabo bamusaba umwanya wo kujya gushaka ayo mafaranga yari abasabye, bamaze kuyabona barayamuha nawe abasubiza iyo mitego. Baje gushwana ubwo basanganga imitego yabahaye ituzuye haburamo umwe, niko gutangira guterana hejuru.

Abo bagabo bahise bahamagaza Polisi kugira ngo ibafashe gukemura ibibazo bagiranye, ari nako guhita bata muri yombi uwo muyobozi, kugeza ubu uri mu maboko ya Polisi kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe.

Ubusanzwe iyi mitego ya kaningini uyu muyobozi ahora azira irahenze cyane, aho umwe ufite agaciro k’ibihumbi magana abiri by’amafaranga y’u Rwanda. gusa yaciwe mu kiyaga cya kivu, kuko yangiza umusaruro w’ibikomokamo.

Euphrem Musabwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Ubundise barabona koko uyu akwiriye kuyobora abantu kweli

Theoneste yanditse ku itariki ya: 2-12-2013  →  Musubize

UBWO SE BASANGA ARI WE KAMARA KU BURYO HABUZE UMUSIMBURA KURI UBWO BUYOBOZI? INSHURO ESHATU ZOSE????????????????

dodos yanditse ku itariki ya: 1-12-2013  →  Musubize

bamubitsemo iki niba ari inshuro ya gatatu. nta wundi ushobora kuyobora ako kagari?

rukundo yanditse ku itariki ya: 30-11-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka