Rusizi: Umusirikare wa FDLR watahutse aremeza ko ari icyemezo cyamuvuye ku mutima

Kapiteni Caliste Kanani, umwe mu basirikari batandatu ba FDLR batahutse ku bushake, aremeza ko yishimye kandi bimuvuye ku mutima kubona amaguru ye yongeye gukandagira ku butaka bw’u Rwanda.

Uyu musirikare wakiriwe mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi mu gihe ategerejwe koherezwa i Mutobo, yatangaje ko yari amaze igihe kirekire yifuza gutaha ariko agahura n’imbogamizi z’abamuyoboraga mu gisirikare cya FDLR.

Abandi basirikare bato kuri we yatahukanye harimo Premier Sergent Sostene Uwizeye, batahukanye n’abagore bababo. Abandi bari hamwe nabo ni aba Serevelin Kaporari, aribo Serevelin Habineza, Habarurema Isai, Hategekimana charles, Emmauel Ndayisaba.

Aho bari mu Nkambi batangarije Kigalitoday ko hari itandukaniro naho bari, bashima Imana kuba bagarutse mu Rwanda n’ubwo btinze gutaha, kubera kubura uburyo bwo kubona amakuru y’impamo ku bikorerwa mu gihugu cyabo.

Biyemeje kugaruka mu gihugu cyabo bacitse FDLR
Biyemeje kugaruka mu gihugu cyabo bacitse FDLR

Josephine Ntabanganyimana, umugore wa Kapiteni Kanani, atangaza ko nyuma yo kumva ko umugabo we akiriho, mu kwezikwa kane yafashe icyemezo gikomeye cyo kujya kumureba mu mashyamba ya Congo n’ubwo bitari byoroshye ku bwamahirwe aramubona arinabwo bahise bafata gahunda yo gutaha.

Naho Fayida, Umunyekongokazi uvuga ururimi rw’igiswahiri watahanye n’umugabo we Premier Sergent uwizeye, yatangarije ko asanzwe akunda u Rwanda ikaba ari nayo ntandaro yo gushakana n’Umunyarwanda.

Batahukanye n'abagore babo.
Batahukanye n’abagore babo.

Aba basirikare babo 2 n’umwana umwe bavuzeko babaga mu buzima bugoye umuntu wese atakwiyumvisha, ariko bakizera ko ubwo bageze mu rwababyaye abifite icyizere cy’ubuzima bw’ejo hazaza.

Mu butumwa bageneye abasigaye mu mashyamba babasaba kumenyeko aho bari ari iw’abandi, bakifuza ko nabo bafata icyemezo bagataha, bagafatanya n’abandi kubaka igihugu cyabo.

Euphreme Musabwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

dushimiye abo basirikari bi rusizi bitanduka nije na efu dereri

niyingenera moize yanditse ku itariki ya: 4-11-2018  →  Musubize

Nibyiza ko abana bu Rwanda bose bagaruka abahunze igihugu,baza bakubaka urwababyaye,nibibi kuba impunzi ufite igihugu cyawe.

MURAYIRE GEORGES yanditse ku itariki ya: 2-09-2012  →  Musubize

Njye ndashimira aba basirikari,bitandukanyije n’abadashaka ko u RWANDA rutekana.

NDAGIJIMANA Eric NAKATA yanditse ku itariki ya: 1-09-2012  →  Musubize

Njye ndashimira aba basirikari,bitandukanyije n’abadashaka ko u RWANDA rutekana.

NDAGIJIMANA Eric NAKATA yanditse ku itariki ya: 1-09-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka