Rusizi: Umubyeyi yibarutse abana batatu b’abakobwa

Ayinkamiye Francine w’imyaka 35 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi yibarutse abana batatu b’abakobwa mu bitaro bya Gihundwe ahagana saa moya zijoro zo kuwa 07/11/2012.

Abo bana bahise bajyanwa mu byuma byabugenewe (couveuse) kugira ngo babashe guhumeka no gukura neza kuko bavutse basigaje ukwezi kumwe. Babiri bapima ibiro bibiri mu gihe mugenzi wabo we apima ibiro bibiri n’igice.

Abana batatu Ayinkamiye yabyaye bari basigaje ukwezi. Bashyizwe mu byuma byabugenewe.
Abana batatu Ayinkamiye yabyaye bari basigaje ukwezi. Bashyizwe mu byuma byabugenewe.

Dr Adolphe Masengi wabyajije uyu mudamu atangaza ko kubyara abana barenze babiri ari ibintu bidasanzwe kuko bidakunze kubaho. Ngo bishoboka mu gihe udusabo tubiri twatanga intanga ebyiri noneho haramuka habayeho gusama imwe muri zo ikabyara impanga.

Ayinkamiye yari yarabyaye abandi bana batanu.
Ayinkamiye yari yarabyaye abandi bana batanu.

Aba bana bavukiye mu muryango w’abakene kuko nyina wabibarutse avuga ko atazabona uko abatunga kuko ngo naho ahinga aba yarinze kwatisha mu baturanyi be.

Imyenda yo kwambika abo bana bayiguriwe n’ibitaro bya Gihundwe; nk’uko byatangajwe na Twagiramungu Alexis, se wabo bana.

Twagiramungu aribaza uburyo azatunga impinja eshatu icyarimwe.
Twagiramungu aribaza uburyo azatunga impinja eshatu icyarimwe.

Ayinkamiye akimara kubyara abo bana yahise yifungisha burundu abigiyemo inama n’umugabo we kuko bari basanzwe bafite abandi bana batanu.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

ngaho rero ni mubyare ariko muzanabarere!!!!

kalimba yanditse ku itariki ya: 9-11-2012  →  Musubize

abana ni impano ya nyagasani ,uyu muryango IMANA irawukunda cyane kandi bariya bana bazabaho,mugushaka kw’Imana.ntibibaze rero ngo bazabaho bate.IMANA isingizwe cyane niyo irema kandi ikabeshaho muntu

minega john yanditse ku itariki ya: 9-11-2012  →  Musubize

yoo!nimwonkwe kdi nyagasani afashe utwo tunyampinga tw’urda,bo rda rw’ejo.

caw boy yanditse ku itariki ya: 9-11-2012  →  Musubize

Ubwo bushakashatsi buzakorwe, that is true!!!

elie yanditse ku itariki ya: 8-11-2012  →  Musubize

Ndabona ko abagore hafi yabose babyara bafite 35ans hari amahirwe menshi yo kubyara abana barenze umwe kabisa ( Ex. Uw’i Musanze na we yabyaye almost4) nawe afite 35ans!!!!!

Adar yanditse ku itariki ya: 8-11-2012  →  Musubize

Ndabona ko abagore hafi yabose babyara bafite 35ans hari amahirwe menshi yo kubyara abana barenze umwe kabisa ( Ex. Uw’i Musanze na we yabyaye almost4) nawe afite 35ans!!!!!

Adar yanditse ku itariki ya: 8-11-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka