Rusizi: MIDMAR yasuye inkambi ya Nyagatare

Muri gahunda ye yo gusura inkambi zakira impunzi z’Abanyarwanda zitahuka, Minisitiri w’Imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Mukantabana Seraphine, yasuye inkambi ya Nyagatare mu Karere ka Rusizi aho yagejejweho bimwe mu bibazo iyi nkambi ifite.

Muri ibyo bibazo harimo kutagira umuriro, ikibazo cy’impunzi zitahuka zitanyuze muri HCR bikagora ubuyobozi bw’akarere mu kuzitunga no kuzigeza aho zikomoka n’ibindi; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar.

Nyuma yo gutambagizwa iyi nkambi, Minisiti w’Imicungire y’ibiza no gucyura impunzi Mukantabana Seraphine yavuze ko hari ibigiye kwitabwaho birimo ikibazo cy’umuriro bityo n’abaturiye iyi nkambi bakaba baboneraho bagacana. Yanijeje ubufatanye mu gukemura ibibazo by’impunzi zitahuka zitanyuze muri HCR.

Inkambi ya Nyagatare nta mashanyarazi ifite.
Inkambi ya Nyagatare nta mashanyarazi ifite.

Mu minsi yashize, iyi nkambi yakiraga impunzi nyinshi zitahuka ariko muri iyi minsi ubona ko umurego wagabanutse mu gihe statut y’ubuhunzi isatira umusozo wo kuvanwaho. Minisitiri Mukantabana avuga ko ubukangurambaga bukomeje kugira ngo aba banyarwanda batahuke.

Inkambi ya Nyagatare irimo ibice bibiri byose bishobora kwakira abantu basaga ibihumbi icumi. Kimwe ni icyakira abaturage basanzwe batahuka naho ikindi kikakira abari mu mitwe yitwaje intwaro iba mu mashyamba ya Kongo.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka