Rusizi: Inkuba yakubise inzu irashya

Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi mu ijoro rya tariki 26/06/2012 maze inkuba ikubita insinga z’amashanyarazi yo ku nzu y’umuturage irashya ariko ku bw’amahirwe ntibyagira uwo bihitana.

Umukecuru Mukandori Mariam nyiri iyo nzu yasohotse mu nzu imbokoboko ari nta kintu na kimwe arokoye. Umutungo wari urimo wose wahiriyemo, ubu acumbikiwe n’abagiraneza b’abaturanyi be.

Mukandori inkuba yatwikiye inzu n'ibiyirimo byose.
Mukandori inkuba yatwikiye inzu n’ibiyirimo byose.

Ubwo iyo nzu yibasirwaga n’inkongi y’umuriro abaturage barahuruye banatabaza inzego z’umutekano, ariko ubwo polisi yahageraga izanye n’ibikoresho byabugenewe mu kuzimya umuriro , bagerageje ibishoboka kugira ngo bahoshe iyo nkongi ariko biba iby’ubusa, kuko amazi yari yamaze kurenga inkombe.

Hakozwe ubutabazi bw’ibanze mu nzego z’ubuyobozi n’abaturage ariko ku rwego rw’umurenge ngo nta ngengo y’imari iba yarateganyijwe ku birebana n’ibiza; nk’uko byatangajwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kamembe, Rukazambuga Gilbert.

Itorero ADEPR uwo mukecuru asengeramo ryiyemeje kuzamutera inkunga kugira ngo abone aho aba.

Musabwa Euphrem

Ibitekerezo   ( 3 )

uyu mukecuru niyihangane, ariko agomba no guhabwa ubufasha kuko yahuye n’uruvagusenya. Ahaaaaaa, ngaho tekereza ubukana bw’inkuba da!

koko yanditse ku itariki ya: 28-06-2012  →  Musubize

Birababaje cyane uwomukecuru yagize ibyago niyitabweho nababishinzwe yahuye ningorane zikomeye.

muhawe yanditse ku itariki ya: 28-06-2012  →  Musubize

Kuba inkuba yakubita inzu igashya ni ibisanzwe. Ahubwo icyo umunyamakuru yajyaga kwigisha abantu ni uko ubundi kuri buri nzu hakagiyeho rwa rutsinga ruva ku gisenge rukajya mu butaka kugira ngo rwohereze DECHARGE ELECTRIQUE mu butaka bityo ntihagire icyo inkuba itwara inzu n’abayirimo. Nakwibutsa abakunzi ba Kigali Today ko ubundi inkuba atari inkoko NK’UKO BENSHI BABITEKEREZA AHUBWO INKUBA NI AMASHANYARAZI NGIRA NGO NI NAYO MPAMVU BAGENZI BACU B’ABARUNDI BAYITA umuyagankuba

Martin yanditse ku itariki ya: 28-06-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka