Rusizi: Imikino y’amahirwe iri kugusha abatari bake mu igihombo

Muri ibi bihe by’imyiteguro y’iminsi mikuru ya noheri n’ubunani abaturage biganjemo urubyiruko batangaza ko bifuza amafaranga y’iminsi mikuru ariko mu kuyashaka hakaba ababihomberamo, kuko kubera imikino y’amahirwe bishoramo.

Bamwe mu rubyiruko baganiriye na Kigali Today bavugako ikibatera kwishora muri iyi mikino ari uko ngo babona bagenzi babo bacye bagira amahirwe bakabibonamo amafaranga, nabo bakibwira ko bari biri buhirwe bagashoramo ayo bafite akagenda ubwo.

Urubyiruko rwitabira bene izi tombola rutangaza ko ruri kubihomberamo.
Urubyiruko rwitabira bene izi tombola rutangaza ko ruri kubihomberamo.

Aba basore n’inkumi bavuga ko muri iyi minsi yo kwitegura noheri n’ubunani ibyo bintu bya tombora bikabije aho ngo benshi bari kubihomberamo bikabije. Bmwe mu bamaze guhomba bavuga ko iyo bamaze gushirirwa ngo bataha bifashe ku matama kuko bigatuma bacika kuri iyo mikino.

Gusa aba basore basaba abakora iyi mikino kujya bagerageza kuringaniza amatike atombora n’adatatombora byose bikangana, kugira ngo nibura bigire isura nzinza naho ubundi ngo basanga amatike atombora aba make adatombora akaba menshi.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka