Rusizi: Amaze amezi atandatu mu nkambi ibibazo bye byaraburiwe igisubizo

Umusaza Gatoya Nsengiyumva w’imyaka 63 n’umuhugu we Habanabakize bamaze amezi atandatu mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi bavuga ko baje batahutse nk’abandi banyarwanda bari baraheze hanze y’igihugu ariko ngo ikibababaza nuko badataha kimwe n’abandi.

Gatoya atangaza ko impamvu adataha cyangwa ngo ashakirwe aho yatura biva ku kuba yaravukiye muri Congo aho ababyeyi be babaga.

Ngo yumvaga ababyeyi be bavuga ko iwabo ari mu cyahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, nyuma yo gukomeza gutotezwa n’Abanyecongo kugeza aho bamwiciye umugore n’abana bamubwira ko batamushaka mu gihugu cyabo.

Umusaza Gatoya n'umuhungu we ngo barambiwe kuba mu nkambi.
Umusaza Gatoya n’umuhungu we ngo barambiwe kuba mu nkambi.

Ibyo byatumye afata ingamba zo gutahuka n’umuhungu we muto bari basigaranye avuga ko agiye iwabo mu Ruhengeri n’ubwo atari ahazi neza ngo yumvaga uko byagenda kose yakwakirwa.

Uyu musaza avuga ko HCR yari yakoze umurimo wayo wo kumucyura imukuye mu nzara z’abashakaga kumwambura ubuzima dore ko ngo banamuhekuye bakamwicira umugore n’urubyaro.

Gatoya Nsengiyumva arasaba urwego rushinzwe gucyura impunzi no kuzisubiza mu buzima busanzwe kumufasha bakareba aho bamutuza kuko ngo atazigera asubira muri Congo aho bari bagiye kumwica. Ngo ubu abangamiwe n’ikibazo cy’inzara kuko ngo abeshejweho no guca incuro mu baturage mu gihe bidakunze akaburara we n’agahungu ke.

Gatoya n'umuhungu we mu bigori n'ibishyimbo yahinze mu nkambi y'agateganyo ya Nyagatare.
Gatoya n’umuhungu we mu bigori n’ibishyimbo yahinze mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare.

Uyu musaza yahawe isuka mu nkambi ngo ahinge imyaka y’ibigori n’ibishyimbo yizezwa ko nibyera azabirya kugeza ubu ngo ntazi aho ikibazo cye kigeze.

Ubwo twaganiraga n’abakozi bo muri iyi nkambi bavuga ko ikibazo cy’uyu musaza gikomeye kuko ngo cyageze no mu buyobozi bw’akarere ushinzwe kubikurikirana avuga ko niba atari Umunyarwanda agomba gusubizwa muri Congo aho kugira ngo yicwe n’inzara.

Iyo HCR izanye umuntu nk’uyu akabura aho ajya kandi ari umwene gihugu kabone nubwo yaba yaratinze hanze ngo ajya mu maboko ya Minisiteri ishinzwe gukumira Ibiza no gucyura impunzi mu gihugu (MIDIMAR) mu gihe abuze aho ajya akarere kakamushakira isambu n’aho kuba.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka