Rusizi: Abaturage barifuza ko haganirwa ku iterambere ry’umujyi

Abaturage b’Akarere ka Rusizi barifuza ko mu nama y’umushyikirano haganirwa ku iterambere ry’umujyi wabo ukiri inyuma cyane cyane mu ibikorwa remezo.

Mu igihe mu inama y’umushyikirano ya 12 mu myanzuro yayo hari harimo uvuga ko hagomba gushyirwa imbaraga muri gahunda y’imijyi 6 yunganira Kigali hitabwa cyane ku kuyihuza na gahunda y’iterambere mu iby’inganda, ibikorwa remezo n’ibindi bikorwa by’iterambere.

Dore uko amazu akiboneka mu mujyi wunganira uwa kigari
Dore uko amazu akiboneka mu mujyi wunganira uwa kigari

Kuba umujyi w’Akarere ka Rusizi nawo uri mu mijyi 6 yunganira umujyi w’akarere ka Rusizi abaturage b’aka karere bo ngo barasanga ntaho uragera mu iterambere ryawo cyane cyane mu ibikorwa remezo byaba imihanda, amatara yo ku mihanda inganda n’ibindi nk’uko babivuga.

Amwe mu mazu akigaragara mu mujyi w'Akarere ka Rusizi
Amwe mu mazu akigaragara mu mujyi w’Akarere ka Rusizi

Nziyaka Joseph avuga ko bibaza impamvu imihanda yo mu mujyi rwagati ndetse n’amatara bidakorwa bikabayobera cyane cyane akagaragaza imihanda 5 , amatara , inganda zitaboneka ndetse n’amazu yo ku ngoma z’abami bikigaragara aho bita muri Site mu mujyi rwagati.

Aho ni aho imodoka ziparika mu byondo
Aho ni aho imodoka ziparika mu byondo

Ati” Turifuza ko imihanda n’amatara byaganirwaho muri iyi nama y’umushyikirano ya 13 kuko ntaho uyu mujyi wacu waba ugana udafite ibikorwa remezo bahora batubeshya ko imihanda ikorwa ariko umwaka ukaza undi ugahita duhora muri ibyo”.

Aho ni aho imodoka ziparika mu byondo
Aho ni aho imodoka ziparika mu byondo

Nzirata Emmanuel ni umusore ukora umwuga wo gutwara abagenzi ku ipikipiki avuga ko iyo imvura yaguye Babura aho banyura mu mujyi wabo akazi kagahagarara kandi imvura yahise ngo bahora bateze amaso ubuyobozi ko bubakorera imihanda ngo barehembnye

Abaturage barifuza ko imihanda n'amazu byakorwa
Abaturage barifuza ko imihanda n’amazu byakorwa

Akomeza avuga ko umuyobozi w’Akarere bafite ari uwa gatatu uje wese ngo aza abizeza ibitangaza ko akora imihanda ariko akarangiza manda ntacyo akoze aha akavuga ko nubwo uyu mujyi uri muri 6 izunganira uwa Kigali ngo basanga ntaho bagera ntabikorwa remezo.

Ubwo umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Harerimana Frederic yaganirizaga abaturage b’umujyi ku wa 19 ukuboza 2015, yabijeje ko nibarangiza gukora gukora umuhanda unyura mu mujyi rwagati uri gukorwa ngo bazakurikizaho imihanda yo muri site kuko ibabaje cyane.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka