Rusizi: Abaturage barasabwa gutanga amakuru ku ho abayobozi batubahirije amategeko

Ubwo urwego rw’Umuvunyi rwahuguraga abayobozi mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke ku itegeko rijyanye n’imyitwarire y’abayobozi n’iryerekeranye n’itangwa ry’amakuru, abaturage basabwe bamenya aya mategeko bityo babe bagira uburenganzira bwo gutanga amakuru igihe aya mategeko atubahirijwe.

Aya mahugurwa yahawe abayobozi b’inzego za Leta zitandukanye bo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke bashinzwe gutanga amakuru hamwe n’abanyamategeko mu bigo bya Leta.

Nubwo itegeko rigenga imyitwarire y’abayobozi rikurikirana abo guhera ku rwego rw’abayobozi bakuru b’ibigo bafata ibyemezo, ngo ni ngombwa ko iri tegeko rimenywa na buri wese kugira ngo mu gihe hari umuturage urenganyijwe n’umuyobozi abashe kuba ya kwisobanura no gutanga amakuru.

Abahuguwe barasabwa kumenyesha abaturage amakuru ku gihe.
Abahuguwe barasabwa kumenyesha abaturage amakuru ku gihe.

Ibi kandi binagamije kugirango igihugu kirusheho kugira abayobozi bashoboye kandi b’inyangamugayo; nk’uko byatangajwe na Ndizihiwe Leon Fidele, umukozi w’urwego rw’umuvunyi mu ishami rishinzwe imyitwarire y’abayobozi.

Aba bayobozi bitabiriye aya mahugurwa banahuguwe ku itegeko ryerekeye ku kubona amakuru, aho abashinzwe gutanga amakuru mu nzego zose basabwa kuyatangira ku gihe kandi bagatanga amakuru atari ibihuha kandi adakura abaturage umutima kuko bibafasha kumenya uburenganzira bwabo kimwe n’ibibazo bibugarije.

Ndizihiwe Leon Fidele asaba abayobozi kutabangikanya imirimo bakora n'iyindi yabo bwite.
Ndizihiwe Leon Fidele asaba abayobozi kutabangikanya imirimo bakora n’iyindi yabo bwite.

Aha kandi basabwe kujya batangira amakuru ku gihe kugirango agere ku bo agenewe agifite agaciro kandi banabwiwe ko inkuru izarizo zose zitemerewe gutangazwa cyane cyane izihungabanya umutekano w’igihugu.

Aba bayobozi barimo abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’abandi basabwe kwirinda ibitabangikanywa n’imirimo bakora nk’ibikorwa by’ubucuruzi n’imiryango itari iya Leta kuko bihanirwa n’amategeko.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka