Rusizi: Abakozi batujuje ibyangombwa bahawe iminsi 30

Inama njyanama y’akarere ka Rusizi yateranye tariki 02/08/2013 ifata imyanzuro itandukanye irimo isuzuma bushobozi ku bakozi b’akarere aho abadafite impamyabushobozi zisabwa bahawe iminsi 30 ngo babe bakemuye icyo kibazo.

Muri iyi nama kandi hagarutswe ku mutungo kamere uri muri aka karere ariko ukaba utambyazwa umusaruro uko bikwiye.

Company IMANZI yakoze ubwo bushakashatsi yatangaje ko muri aka karere muri aka karere hagaragara umutungo mwinshi nk’ikiyaga cya Kivu, zahabu , ibyambu bitandukanye, ubutaka bwiza n’ibishanga byeramo imyaka ihagije, ndetse n’ubukerarugendo.

Abitabiriye inama jyanama y'akarere ka Rusizi bafashe ibyemezo kubadafite impamyabushobozi.
Abitabiriye inama jyanama y’akarere ka Rusizi bafashe ibyemezo kubadafite impamyabushobozi.

Perezida w’Inama Njyanama y’akarere ka Rusizi, Kamanzi Symphorien, yavuze ko hari umutungo kamere mwinshi aka karere gafite ariko utari uzwi wose avuga ko ubwo umenyekanye ugomba kubyazwa umusaruro ku buryo bugaragara.

Aha hunguranywe ibitekerezo ku bijyanye n’ukuntu imisoro n’amahoro byazamuka mu rwego rwo kuzamura ubukungu bw’aka karere n’igihugu muri rusange.

Perezida wa jyanama y'akarere ka Rusizi arasaba ko umutungo kamere wabyazwa umusaruro.
Perezida wa jyanama y’akarere ka Rusizi arasaba ko umutungo kamere wabyazwa umusaruro.

Aha nanone ngo hazongerwa agaciro k’ibikorwa by’umuganda , ibikorwa remezo byiganjemo imihanda izakorwa muri aka karere, gusuzuma hanemezwa kwimurwa kw’abanyamabanga nshingwabikorwa bamwe n’abamwe mu mirenge bayoborage bagashyirwa mu yindi.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

bambarize rwose

alias yanditse ku itariki ya: 6-08-2013  →  Musubize

ese ni gute abo bagera mu kazi badafite ibyangombwa twe tubyibitseho twarakabuze

k.m yanditse ku itariki ya: 4-08-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka