Rulindo: Minisitiri w’Intebe yatanze inkunga ku miryango ibiri

Minisitiri w’Intebe yatanze inkunga ku miryango ibiri yo mu murenge wa Kinzuzi, akarere ka Rulindo, mbere yo kwifatanya n’abahatuye mu gikorwa cy’umuganda ngaruka kwezi wabaye tariki 25/02/2012.

Nyuma yo gusura urugo rwa Uwambaye Therese uri mu kigero cy’imyaka 100, ndetse agashima ubworozi bw’inka za kijyambere eshatu yoroye, Minisitiri w’Intebe yamwemereye kumwubakira igisenge cy’inzu kuko kidakoze.

Dr. Pierre Damien Habumuremyi kandi yasuye Ruhumuriza Rosalie w’imyaka 51, amwemerera inkunga y’amafaranga ibihumbi 100 azamufasha mu gushaka umurimo yakora nk’uko yabigaragarije minsitiri w’Intebe.

Minisitiri w'Intebe asura inka za Therese
Minisitiri w’Intebe asura inka za Therese

Nyuma yo gusura iyi miryango ibiri, Minisitiri w’Intebe yitabiriye umuganda, ahakozwe umuhanda ndetse hanaterwa ibiti ahazubakwa amazu agera ku 100 yo guturwamo.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka