Rulindo: Hatowe umuyobozi mushya w’Umuryango FPR-Inkotanyi

Ni mu nteko rusange idasanzwe y’Umuryango FPR-Inkotanyi yateranye ku wa 18/03/2016 ubwo hatorwaga Kayiranga Emmanuel

Insanganyamatsiko y’uyu munsi ikaba igira iti “Dukore twubaka ukwigira n’ishema ry’Umuryango”.

Umuyobozi mukuru wa FPR Inkotanyi ku rwego rw'Intara y'Amajyaruguru Niwemwiza Emilienne yasabye komite nshya gukora cyane bakagaragaza impinduka nziza mu bikorwa
Umuyobozi mukuru wa FPR Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru Niwemwiza Emilienne yasabye komite nshya gukora cyane bakagaragaza impinduka nziza mu bikorwa

Hatowe umuyobozi mushya w’Umuryango FPR-Inkotanyi uyihagarariye ku rwego rw’akarere ariwe Kayiranga Emmanuel, umwungiririje Komiseri w’imibereho myiza Gasanganwa Marie Claire, n’uhagarariye Urubyiruko.

Umuyobozi mukuru wa FPR Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru Niwemwiza Emilienne yagize ati “Turifuza ko mukora cyane mukagaragaza impinduka nziza mu bikorwa, kandi bikajya bigaragazwa na raporo ndetse n’amafoto y’ibyakozwe atari ku magambo gusa”

Yakomeje agira ati “Mugomba kugira gahunda y’ibikorwa, mugahera ku byihutirwa kurusha ibindi, ndifuza ko bishobotse mwahera kuguta ishuri kw’abana (drop out), guhagurukira abana baba mu muhanda, gahunda yo kuvana abaturage mu bukene VUP n’ibindi.

Umuyobozi mushya w'Umuryango FPR-Inkotanyi o Kayiranga Emmanuel yavuze ko ataje kunyuranya n'ibyari bisanzwe ko ahubwo azakomereza ku murongo abababanjirije bagenderagaho no kubyo bari bagezeho
Umuyobozi mushya w’Umuryango FPR-Inkotanyi o Kayiranga Emmanuel yavuze ko ataje kunyuranya n’ibyari bisanzwe ko ahubwo azakomereza ku murongo abababanjirije bagenderagaho no kubyo bari bagezeho

Uwanyirigira Leocadie wari wungirije Umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere yavuze ko kuba umunyamuryango ari ugushirika ubute ugakora ntube umunyamuryango ku izina gusa, kandi ko kubufatanye bageze kuri byinshi birimo guha abaturage amashanyarazi, imihanda, kugabanya ubukene n’ibindi.

Kayiranga Emmanuel yagize ati “sinje kunyuranya n’ibyari bisanzwe, ahubwo tuzakomereza ku murongo abatubanjirije bagenderagaho no kubyo bari bagezeho, dukomeze gutera imbere kurushaho, tugiye gukorana umurava dufatanyije n’abanyamuryango, ibikorwa bizivugira”

Yibukije kandi abanyamuryango ibyavuye mu mwiherero w’abayobozi wayobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’uRwanda HE Paul Kagame, wabereye mu Karere ka Gatsibo Werurwe/2016 wari ufite insanganyamatsiko igira iti: “Dukunde iby’iwacu”.

Umushoramari Sina Gerard-Nyirangarama ufite Ese Urwibutso yavuze ko abanyarwanda bamwe batazi agaciro kanini k'iby'iwacu
Umushoramari Sina Gerard-Nyirangarama ufite Ese Urwibutso yavuze ko abanyarwanda bamwe batazi agaciro kanini k’iby’iwacu

Umushoramari Sina Gerard-Nyirangarama ufite Ese Urwibutso yavuze ko abanyarwanda bamwe batazi agaciro kanini k’ibyiwacu; kuko we yakamenye cyera yatangiye kubibyaza umusaruro. Yagize ati “sinakabaye ntumiza urusenda hanze y’Igihugu rwo gukoresha akabanga!”

Nyuma yo gushishikarizwa ibyiza byo gukoresha iby’Iwacu, Abanyamuryango biyemeje ko bagiye gukunda gukoresha ibikorerwa mu Rwanda kurusha ibiturutse hanze y’Igihugu mu rwego rwo guteza imbere Igihugu cyacu, ndetse bakanubahiriza n’andi mahame yose agenga umuryango FPR-Inkotanyi.
Marie Solange Mukashyaka

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka