Ruhango: Ubuyobozi burashinjwa icika ry’umugoroba w’ababyeyi

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko ibituma ihohoterwa muri aka karere rikigagara ari uko umugoroba w’ababyeyi utakitabirwa.

Umugoroba w’ababyeyi ni gahunda Leta yazanye igamije gukemura amakimbirane yaberaga mu ngo ndetse no guharanira iterambere ry’umuryango. Bamwe mu batuye Akarere ka Ruhango bavuga ko uyu mugoroba batanawuzi, abandi bakavuga ko wigeze kuhagera ariko ntiwashyirwamo imbaraga.

Bamwe mu babyeyi bavuga ko Umugoroba w'ababyeyi utakibaho.
Bamwe mu babyeyi bavuga ko Umugoroba w’ababyeyi utakibaho.

Aho iki kibazo kigaragara cyane ni mu Mirenge ya Mbuye na Mwendo. Bamwe mu babyeyi baganiriye na Kigali today bavuga ko uyu mugoroba ugitangira wabonaga ihohoterwa ryo mu ngo ridohoka, ndetse ngo ukanakemurirwamo ibi ndi bibazo bakanaganira ku byabateza imbere.

Gusa kuri ubu ngo waradohotse bakavuga ko ariyo ntandaro y’ihohoterwa rihagaragara, bagasaba inzego z’ubuyobozi kugira icyo zikora kugira ngo umugoroba w’ababyeyi ushyirwemo imbaraga, bityo ukomeze kubaka ubumwe bw’abanyarwanda.

Mu Murenge wa Mwendo hari abavuga ko Umugoroba w'ababyeyi batanawuzi.
Mu Murenge wa Mwendo hari abavuga ko Umugoroba w’ababyeyi batanawuzi.

Benimana Bernadette, umujyanama w’ubuzima mu Murenge wa Mwendo na Mukamunana Viollete ushinzwe kugira inama abahuye n’ihohoterwa mu Murenge wa Mbuye bavuga ko uyu mugoroba w’ababyeyi wari ufite akamaro.

Benimana ati “ni ukuri byaratubabaje cyane kubona umugoroba w’ababyeyi utakiba kandi byaradufashaga guhangana n’ihohoterwa ribera mu ngo”.

“Ariko kubera ubuyobozi butabigize ibyabwo, ubona n’abaturage barabizibukiriye. Twifuza ko ubuyobozi bwakora ubukangurambaga buhagije,” Mukamunana.

Mbabazi avuga ko habayeho kudohoka k'ubuyobozi akagasaba ko bwakwisubiraho.
Mbabazi avuga ko habayeho kudohoka k’ubuyobozi akagasaba ko bwakwisubiraho.

Aba babyeyi bavuga ko babazwa cyane no kumva ahandi akagoroba k’ababyi karatanze umusaruro ugaragara mu gukemura amakimbirane yo mu ngo.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Mbabazi François Xavier, yemera ko habayeho kudohoka kw’inzego z’ibanze, icyakora akazisaba kwita kuri uyu mugoroba w’ababyeyi kuko ufitiye akamaro abaturage.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka