Ruhango: inzu yagwiriye abantu babiri bitaba Imana

Ndacyayisenga Patrick w’imyaka 6 na Nishimwe Joyce w’imyaka 3 bo mu mudugudu wa Gacuriro akagari ka Nyakabungo mu murenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango bagwiriwe n’inzu tariki 17/06/2012 umwe ahita apfa undi agwa mu bitaro.

Iyi nzu yagwiriye aba bana mu gihe cya saa yine z’amanywa, Ndacyayisenga Patrick ahita yitaba Imana naho Nishimwe Joyce apfa kuri uyu wa mbere tariki 18/06/2012 aguye mu bitaro bya Kinazi aho ubuzima bwe bwakurikiranwaga.

Ibi byabaye mu gihe Niyonsaba Marie Louise nyiri iyi nzu yarimo kuyisenya kugira ngo ayivugurure kuko yari imaze gusaza.

Urukuta rw’inzu rwarahanutse rugwira aba bana bombi barimo gukinira hafi aho; nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ruhango, Ngendahayo Bertin.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

I wish to be one of the friends on kigali today.

Ngizwenayo Amagaju Jean Bosco yanditse ku itariki ya: 18-06-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka