Ruhango: inkuba ya kubise ihitana umuntu

Umukecuru witwa Nyiraherezo Daphrose mwene Rwabagabo na Nyirambungira yakubiswe n’inkuba mu mugoroba wa tariki 29/03/2012 ahita yitaba Imana.

Nyiraherezo wabarizwaga mu mudugudu wa Bugarama mu kagari ka Rwoga umurenge wa Byimana akarere ka Ruhango, yitabye Imana afite imyaka 79 y’amavuko.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ruhango Nsanzimana Jean Paul, avuga batunguwe n’aya mahano ngo kuko inkuba bajyaga bazumva mu yindi mirenge.

Iyi nkuba yishe uyu mukecuru nyuma y’igihe gito indi nkuba ikubise umwarimu ikamutwika umusatsi, ikanamwotsa ikibero mu murenge wa Kabagari.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

this story is too simple and poor

yanditse ku itariki ya: 2-04-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka