Ruhango: Babiri bafunzwe bakekwaho kwiba inka ihaka bakayibaga

Abagabo babiri, John Bosco Habarukundo na Pierre Uwagirimana, bafungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, bakekwaho kwiba inka ihaka bakayibaga bashaka kuyigurisha abaturage.

Aba bagabo bombi bafatiwe mu kagari ka Nyamagana, mu rukerera rwo kuwa Gatandatu tariki ya 28/10/2012, bahakana icyaha cy’ubujura bakurikiranyweho. Bavuga ko iyo nka itari iyabo ahubwo ko yari yazanywe na Sitraton Ntihanabayo muramu wa Habarukundo.

Bafatanywe inka yahakaga bamaze kuyibaga ariko bahakana ko nta ruhare bagize rwo kuyiba.
Bafatanywe inka yahakaga bamaze kuyibaga ariko bahakana ko nta ruhare bagize rwo kuyiba.

Habarukundo avuga ko muramu we yari asanzwe agura inka akazibagira iwe, ngo kuri iyi nshuro ntiyari azi ko yazanye iyo yibye. Naho Uwagirimana ukomoka ku Kibuye, yatangaje ko we asanzwe akora ubupagasi, hanyuma buri wa Gatandatu agakora akazi ko kubagira Ntihanabayo.

Yagize ati: “Yanumyeho ngo ninze mubagire nk’ibisanzwe, mpageze nsanga n’inka irimo guhaka. Ndabimubwira arambwira ngo nimbage niba nanze mbireke abandi barabikora. Mbonye kwitesha amafaranga ibihumbi bibiri ndayibaga, mbona n’injoro baje kunwara”.

Abaturage bafatanyije n’inzego z’umutekano, nibo bashoboye gutahura aya mahano abakekwaho kuyakora batabwa muri yombi. Kugeza ubu iperereza riracyakomeje kugira ngo hamenyekane koko uwibye inka ihaka akayibaga agamije kuyigaburira abaturage.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Iri nishyano mbonye urabona ibyo bisambo byibigome ukuntu bahombeje nyiririya nka ngo nanze kwitesha ibihumbi bibiri ndayibaga, yewe babakanire urubakwiye.

solange yanditse ku itariki ya: 30-10-2012  →  Musubize

Iri nishyano mbonye urabona ibyo bisambo byibigome ukuntu bahombeje nyiririya nka ngo nanze kwitesha ibihumbi bibiri ndayibaga, yewe babakanire urubakwiye.

solange yanditse ku itariki ya: 30-10-2012  →  Musubize

Reba uko bareba mbese,ibyo bisahiranda,uko ninako babigenje mu kwakane bafata abadamu batwite bakabakuramo inda,Uwiteka azabahembe ibikwiranye ni byo mwakoze.

UMUHOZA Kevinne yanditse ku itariki ya: 30-10-2012  →  Musubize

biratangaje kandi biteye ubwoba kubaga inka ihaka mubafungire mumazi

iranzi Dailony yanditse ku itariki ya: 30-10-2012  →  Musubize

@On, nawe si wowe, kigalitoday yemera guhitisha comment nk’iyawe niyo ikoshya.

Mugasa yanditse ku itariki ya: 30-10-2012  →  Musubize

bababage nabo izo ngetura dore ko bakunda inyama kurusha imbwa zabo kugeza ubu ntimurazihaga? kubaga inka ihaka koko? uwabampa nabahana byiza cyane

On yanditse ku itariki ya: 29-10-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka