Ruhango: Amahugurwa agenerwa urubyiruko rwibumbiye muri RYHC ngo arugeza kuri byinshi

Urubyiruko rwibumbiye mu muryango Rwanda Youth Healing Center (RYHC) ukorera mu Karere ka Ruhango, rurishimira ibyo rugenda rugeraho bitewe n’amahugurwa atandukanye rutegurirwa n’uyu muryango.

Ibi rwabitangaje ku cyumweru tariki ya 22/02/2015 ubwo rwasozaga amahugurwa y’iminsi 2 rwateguriwe n’ubuyobozi bwa RYHC.

Aya mahugurwa yibanze ku bikorwa birimo gusukura inzibutso, guhurira mu miryango bakungurana ibitekerezo ku byabateza imbere, kumenya kuvugira mu ruhame n’ibindi.

Amahugurwa urubyiruko rwibumbiye muri RYHC ruhabwa rwemeza ko arugirira akamaro.
Amahugurwa urubyiruko rwibumbiye muri RYHC ruhabwa rwemeza ko arugirira akamaro.

Mukabarisa Chantal, umuyobozi w’umudugudu mu Kagari ka Munini mu Murenge wa Byimana, avuga ko aya mahugurwa yamufashije cyane kumenya uko yakwitwara igihe ari imbere y’abaturage, ndetse akaba yaranabashije kumenya neza uko yategura ijambo yabagezaho.

Fidèle Uwizeyimana, urangije kwiga muri Kaminuza, avuga ko igihe azahamagarwa ngo ajye gukora ikizamini cy’akazi imbere y’abantu atazakorwa n’isoni kuko yamaze kumenya uko yakwitwara.

Aha ruri mu gikorwa cyo gutunganya urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi mu w'1994.
Aha ruri mu gikorwa cyo gutunganya urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994.

Umunyamabanga nshingwabikorwa wa RYHC, Solange Nyirasafari avuga ko kuva aho batangiriye aya mahugurwa ahuza urubyiruko rwarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ruhamya ko hari aho yaruvanye.

Ati “nirwo rwitangira ubuhamya, kuko rubasha kuva mu bwigunge, kuva twatangira aya mahugurwa, ubona ko rwagiye rwiyakira, ibikomere bigashira, ndetse kugeza ubu rukaba rubasha kwiteza imbere”.

Urubyiruko rwibumbiye muri RYHC, buri gihembwe rugenerwa aya mahugurwa, rukaba rwaratangiye kuyitabira guhera mu mwaka wa 2004.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

aya mahugurwa bazayakoreshe neza maze azabafashe mu buzima bwabo

claude yanditse ku itariki ya: 23-02-2015  →  Musubize

aya mahugurwa bahawe bazayakoreshe neza maze azabageze kuri byinshi

karasanyi yanditse ku itariki ya: 23-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka