Rubavu: Imitingito yongereye ubukana
Mu masaha ya saa mbiri n’igice kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Gicurasi 2021, ni bwo mu mujyi wa Gisenyi no mu nkengero zaho hatangiye kumvikana imitingito ifite ubukana bwinshi ndetse zimwe mu nzu zitangira kwiyasa izindi zirasenyuka.

Inzu zimwe zatangiye kugwa, abana bamwe ku mashuri barataha mu gihe abarimo kwiga bigira hanze batinya ko inyubako zabagwira kubera imitingito.
Imitingito yumvikana nk’ikubitira munsi y’ubutaka bwa Gisenyi, kuko igaragara nk’ifite ubukana kandi iri ku bipimo bya gatatu na kabiri.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe gucunga imitingito kigaragaza ko imitingito aho yakubitiye, yahakubitiye n’ubukana bwinshi.

Amazu menshi yagize imitutu kandi uko imitingito yiyongera ni ko no kwangirika kw’ibintu kwiyongera.
Ejo Minisitiri Gatabazi yasuye ahangijwe n’umutingito wa 5.1 avuga ko hari impugucye zaje kubikurikirana.
Abaturage basabwe kwirinda kuguma mu nzu zabo kugira ngo zitabagwaho, Minisiteri ishinzwe gucunga ibiza ikaba ikomeje gutanga inama z’uko abantu bagomba kwitwara kugira ngo hatagira abahasiga ubuzima.

Inkuru zijyanye na: Nyiragongo
- Rubavu: Abagizweho ingaruka n’iruka rya Nyiragongo babayeho bate?
- Goma: Ubuyobozi bwasabye abahunze iruka rya Nyiragongo gusubira mu ngo
- Rubavu: Imiryango 2,504 yangirijwe n’imitingito imaze guhabwa ubutabazi
- Rubavu: Ibitaro bya Gisenyi byongeye gutanga serivisi
- Amashyuza yari yaragiye kubera imitingito yagarutse
- Mu Rwanda hasigaye Abanyekongo babarirwa mu 1000 bahunze Nyiragongo
- Ikiyaga cya Kivu nticyahungabanyijwe n’iruka rya Nyiragongo
- Imiryango yasenyewe n’imitingito irasaba gufashwa kubona ahandi ho kuba
- Rubavu: Ubuyobozi burahamagarira abantu gusubukura ibikorwa byabo
- Rubavu: Amashyuza yaburiwe irengero kubera umutingito
- Impunzi z’Abanyekongo zikomeje gusubira iwabo
- Rubavu: Ibyangijwe n’imitingito byatangiye gusanwa
- Ubuyobozi burahumuriza abumvaga ko ikirere n’amazi bya Rubavu byagize ikibazo
- Kuruka kw’ibirunga n’imitingito bizagira uruhare mu gutandukanya Congo n’u Rwanda – Impuguke
- Rubavu: Inzu zisaga 1,500 zimaze kwangizwa n’imitingito
- Ibyuka bituruka muri Nyiragongo bigira ingaruka ku buzima - Impuguke
- Mu Kivu hagaragaye isambaza zapfuye nyuma y’umutingito
- Igihiriri cy’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda
- Hari impungenge z’uko Nyiragongo yakongera kuruka
- Abatuye muri metero 200 uvuye ku murongo waciwe n’imitingito bafite inzu ziyashije bagomba kuhava - Minisitiri Kayisire
Ohereza igitekerezo
|
Mudusengerepe
bihangane kbx