Rubavu: Ikamyo yahiye ifunga umuhanda amasaha abiri n’igice

Ikamyo itwara ibikomoka kuri peteroli yo muri Tanzaniya y’ikompanyi AAA yahiye ifunga umuhanda Gisenyi-Kigali amasaha abiri n’igice kuri uyu wa gatatu tariki 04/07/2012 saa ine n’igice za mu gitondo.

Iyi kamyo ifite pulaki T986 BWW yari itwaye itwaye litiro 40,000 za lisansi yahiriye mu mudugudu wa Rwaza, akagari ka Rwaza, umurenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu. Yavaga Dar-Es-Salaam muri Tanzaniya yerekeza i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Ku bw’amahirwe nta muntu n’umwe yahitanye kuko Ramadhani Saidi Pazi wari uyitwaye yagerageje kuyiparika ahatari abantu; nk’uko abisobanura.

Abaturage bafatanyije na polisi y'igihugu bihutiye kuzimya ikamyo.
Abaturage bafatanyije na polisi y’igihugu bihutiye kuzimya ikamyo.

Ramadhani avuga ko bateri y’iyo kamyo yari isanzwe ifite akabazo gato, ageze ku Cyanika abona ifashwe n’umuriro ahita ashaka uko yayihungisha mu gace katarimo abantu.

Akiyiparika bateri yakongeje n’ibindi habaho sirikuwi (circuit). Ramadhani yahise avanamo amagara ye yibagirwa n’ibyangombwa by’ikamyo byose na telefoni byose bihiramo.

Ramadhani yagerageje kumanuka abuza imodoka ya mbere yahuye na yo gukomeza kugenda kuko yabibonaga ko ikibazo gikomeye.

Nyuma y'amasaha abiri n'igice babashije kuzimya iyo kamyo.
Nyuma y’amasaha abiri n’igice babashije kuzimya iyo kamyo.

Ku bufatanye bwa polisi yazanye kizimyamwoto n’abaturage babashije kuzimya iyi kamyo itarakongoka. Byatwaye amasaha abiri n’igice kugirango bahoshe umuriro n’umuhanda ufungurwe.

Mu modoka zahagaritswe n’iyi mpanuka harimo izitwara abagenzi, iz’abikorera ku giti cyabo, ndetse n’ikipe y’igihugu y’abatwara amagare yari ije mu myitozo ku Gisenyi yasubiriyeyo mu nzira.

Pascaline Umulisa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nibyo kwishimira kuba Imana yakinze akaboko ikaba ntamuntu impanuka yahitanye, ibintu nibishakwa.

MM yanditse ku itariki ya: 6-07-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka