Rubavu: Bahagurukiye isuku mu rwego rwo kwirinda COVID-19

Umujyi wa Gisenyi uturanye n’umujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo wafashe ingamba mu kongera isuku mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19.

Ahantu hatandukanye hashyizweho ibikoresho by'isuku
Ahantu hatandukanye hashyizweho ibikoresho by’isuku

Mu ngamba zafashwe harimo iz’uko buri mucuruzi wakira abantu ashyiraho aho abantu bakarabira, akambara utwenda turinda intoki n’utwenda dupfuka umunwa.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Gisenyi bwahagurukiye kugenzura ko ibikorwa bihuza abantu benshi nk’ubukwe, n’ibindi birori bihagarikwa, naho abacuruzi bakaba bafite ibyangombwa by’isuku.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Uwimana Vedaste, yatangarije Kigali Today ko imbogamizi bamaze kubona ari ibikoresho by’isuku biri kugenda biba bike.

Yagize ati “Kuva ejo Abantu bari bafite ubukwe bamaze kumva impamvu barabuhagarika, abafite ibirori byahagaze, aho abantu benshi bahurira bashaka ibikoresho by’isuku, imbogamizi twabonye ni ibikoresho by’isuku abantu bari gushakira rimwe bikaba bike ku isoko.”

Uwimana avuga ko abantu bagomba kwirinda batabanje kubihatirwa, bakirinda gusuhuzanya n’ingendo zitari ngombwa.

Mu Mujyi wa Gisenyi henshi ku nyubako z’ubucuruzi bashyizeho Kandagira Ukarabe, ahandi bashyiraho imiti isukura intoki.

Hano ho bashyize ku muryango umuti usukura intoki
Hano ho bashyize ku muryango umuti usukura intoki

Ahari ibigo bihuriramo abantu benshi ho hashyizweho ubwiriza abantu gukaraba nk’aho bategera imodoka no ku mavuriro, cyakora ku masoko ho ntibitabira gukaraba no gukarabya abantu.

Bamwe mu baturage bavuga ko ibiciro by’ibikoresho by’isuku byazamutse ahandi birabura bavuga ko Leta yafasha abacuruzi bikaboneka.

Bimwe mu bivugwa ni amasabune y’amazi yagiye azamurirwa ibiciro, imiti isukura hamwe n’utwenda two kwambara ku ntoki.

Mu bigo by’amashuri, abanyeshuri bohererejwe imodoka zibacyura iwabo ariko hamwe mbere yo gutaha ukabasanga mu muhanda no mu mujyi bavuga ko bategereje ko imodoka zibasanga mu kigo.

Ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi urujya n’uruza rurakomeje ariko ku ruhande rwa Goma bongereye imbaraga mu kwita ku isuku ku binjira mu mujyi wa Goma, aho basabwa gukaraba no kubapima umuriro.

Umuyobozi w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru NZANZU KASIVITA CARLY kuri uyu wa mbere yahuye n’inzego zishinzwe isuku, bavuga ko bagiye kugaragaza ingamba mu kwirinda ko icyorezo cya COVID-19 cyinjira mu ntara abereye umuyobozi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

NDI UMUTURAGE WO MU KARERE KA RUBAVU DUHANGANYE NA COVID 19 MUTURINDE BARUSAHURIRA MU NDURU BUMVAKA BATUNGWA NIBYA BANDI KU GAHATO

HABYARIMANA GRATIEN yanditse ku itariki ya: 3-04-2020  →  Musubize

Mwiriwe ndi umuturage wo mu karere ka rubavu nkaba narimfite igitekerezo nashakaga kubasangiza kubyerekeranye nicyi cyorezo aricyo corona virus numvaga mwadohorera abanyamakwe kumyanzuro mwafashe ahubwo mukabategeka ibyo bagomba kugenderaho nkurugero nko mumakwe hakaboneka za kandagira ukarabe hamwe na anti microbe sanitizer mudufashije mwaba mukoze kuko biteye impungenge abantu benshi

Alias yanditse ku itariki ya: 17-03-2020  →  Musubize

Mwiriwe ndi umuturage wo mu karere ka rubavu nkaba narimfite igitekerezo nashakaga kubasangiza kubyerekeranye nicyi cyorezo aricyo corona virus numvaga mwadohorera abanyamakwe kumyanzuro mwafashe ahubwo mukabategeka ibyo bagomba kugenderaho nkurugero nko mumakwe hakaboneka za kandagira ukarabe hamwe na anti microbe sanitizer mudufashije mwaba mukoze kuko biteye impungenge abantu benshi

Alias yanditse ku itariki ya: 17-03-2020  →  Musubize

Mwiriwe ndi umuturage wo mu karere ka rubavu nkaba narimfite igitekerezo nashakaga kubasangiza kubyerekeranye nicyi cyorezo aricyo corona virus numvaga mwadohorera abanyamakwe kumyanzuro mwafashe ahubwo mukabategeka ibyo bagomba kugenderaho nkurugero nko mumakwe hakaboneka za kandagira ukarabe hamwe na anti microbe sanitizer mudufashije mwaba mukoze kuko biteye impungenge abantu benshi

Alias yanditse ku itariki ya: 17-03-2020  →  Musubize

ndumva twakomeza kwirinda cyane

tumukunde yanditse ku itariki ya: 16-03-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka