Rubavu: Babaze inka 852 mu kwitegura Ubunani

Ibikorwa byo kwizihiza umunzi mukuru usoza umwaka wa 2022, mu Karere ka Rubavu waranzwe no gusangira akaboga (inyama), bikaba byaratumye habagwa inka 852.

Habaze inka 852 mu kwitegura Ubunani
Habaze inka 852 mu kwitegura Ubunani

Umujyi wa Gisenyi usanzwe ugemurira ibiribwa umujyi wa Goma wabaze inka 210, naho Umurenge wa Busasamana aho abaturage benshi bagabanye inyama, babaze inka132.

Mu Murenge wa Busasamana Umudugudu wabaze inka nyinshi ni Gakuta na Karambi, babaze 12, naho Umudugudu wa Kigezi ubaga inka 5, mu gihe iyindi bagiye babaga inka 2 cyangwa 3 bakagabana inyama.

Mu Murenge wa Kanama bari bateganyije gusangira inka 48, ariko kubera kwishyira hamwe kw’abaturage zariyongereye ziba 53.

Imirenge yo mu cyaro na yo yisuganyije ngo babobe akaboga k'Ubunani
Imirenge yo mu cyaro na yo yisuganyije ngo babobe akaboga k’Ubunani

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, Mugisha Honoré, yabwiye Kigali Today ko inka zabazwe zagiye zipimwa.

Ati "Abaturage bishyize hamwe bashaka uko basangira ubunani, kandi ubuyobozi bwababaye hafi bafashwa kureba niba amatungo yabo afite ubuziranenge, hifashishijwe abavuzi b’amatungo."

Mu yindi mirenge igize Akarere ka Rubavu, habazwe inka zitandukanye aho mu wa Bugeshi habazwe inka 43, Cyanzarwe 32, Kanzenze 29, Mudende 87, Nyakiriba 36, Nyamyumba 64, Nyundo 40, Rubavu 80 na Rugerero 46.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka