Rubavu: Abaturiye umupaka wa Congo ngo umutekano urinzwe neza

Abaturage begereye umupaka w’u Rwanda na Congo mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu bavuga ko bongeye gusubira mu mirimo yabo nyuma yo guhumurizwa n’ingabo zabo kuko umutekano wabo ucunzwe neza.

Icyumweru gishize mu karere ka Rubavu imirenge ihana imbibe n’ibihugu cya Congo yibasiwe n’ibisasu bivuye ku butaka bwa Congo, ibyarashwe mu mujyi wa Gisenyi bihitana umubyeyi w’imyaka 44 bikomeretsa umwana we ndetse bikomeretsa n’abandi bantu babili.

Ibi bisasu byatewe mu karere ka Rubavu byakuye umutima abaturage, ndetse Leta y’u Rwanda ifata icyemezo cyo kurinda umutekano w’abaturage bayo, aho hoherejwe ibikoresho bya gisirikare n’ingabo zigomba kurinda ubusugire bw’igihugu biyongera ku bari bahasanzwe.

Umupaka wa Kabuhanga abaturage bakomeje imirimo nyuma y'ibisasu bimaze iminsi bijugunywa mu Rwanda.
Umupaka wa Kabuhanga abaturage bakomeje imirimo nyuma y’ibisasu bimaze iminsi bijugunywa mu Rwanda.

Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Bugeshi k’umupaka wa Kabuhanga bari barakutse imitima kubera ibi bitero bavuga ko koherezwa kw’izi ngabo n’ibikoresho byatumye umutima utekana.

Abaturage bavuga ko izi ngabo zaciye agasuzuguro kuko nta kindi gisasu cyongeye kuraswa mu Rwanda nk’uko Mark Ndabakize yabitangaje .

Yabisobanuye muri aya magambo: “twahoraga dufite ubwoba bw’ibisasu bigwa ku butaka bwacu, ariko kuva ingabo zakoherezwa ubu ibisasu byarahagaze yewe n’intambara yarahagaze ubu turatuje twasubiye mu mirima yacu nta kibazo.”

Abaturage ku mpande zombi z'umupaka bakomeje ibikorwa byabo birimo ubuhinzi.
Abaturage ku mpande zombi z’umupaka bakomeje ibikorwa byabo birimo ubuhinzi.

Kuva u Rwanda rwatangaza ko ruzakurikirana abarasa ku butaka bwabo, Leta ya Congo yashinjije inyeshyamba za M23 ariko M23 nayo ihakana ko ariyo yabikoze ndetse ivuga ko kugirango yorohereze iperereza kuri ibyo biasu, maze isubira inyuma aho yariri.

Kuva taliki 30/08/2013, M23 yavuye mu birindiro byayo Kibati ijya mu misozi ya Kirimanyoka, Kamahura na Kibumba, ubu umutuzo waragarutse ndetse n’amasasu yarahagaze abaturage batangira gusubira mu mirimo yabo.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

gusa mumurenge wabugeshi mumudugudu waburingo dukeneye umutekano kbs

nshimiyimana paluku yanditse ku itariki ya: 16-05-2019  →  Musubize

wowe wiyise martin kombona urigupinga washakaga ko fdlr(fardc)bakomeza bakica abanyarwanda.waruziko urwanda ruzarebera,iyo bakomeza kuturasaho ngurebe.

gasana yanditse ku itariki ya: 4-09-2013  →  Musubize

Nibyiza abavugagako urwanda ruteye babonyeko icyo rwashakaga ari umutekano wabaturage barwo ubwo bushotorajnyi burorere ibiganiro bibeho natwe twihanganire ibyo badukoreye twizeye bitazongera ndabwira uwaturasheho ntitaye kumenya uwariwe

Hakizimana Emmanuel yanditse ku itariki ya: 4-09-2013  →  Musubize

murikirigita mugaseka

martin yanditse ku itariki ya: 4-09-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka