Rubavu: Abaturage barahamagarirwa kugaragaza abarwanyi ba Gen Ntaganda babahungiyemo

Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko nubwo benshi mu barwanyi ba Gen Ntaganda bishyikirije ubuyobozi bakamburwa intwaro, hari abashoboye kwihisha ubuyobozi binjira mu baturage n’intwaro zabo.

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Sheilk Bahame Hassan, avuga ko hari abarwanyi bamaze gufatirwa mu ngo z’abaturanye nyuma yo kwihisha inzego z’umutekano, akavuga ko abaturage bagomba kugaragaza aba barwanyi kugira ngo bashyirwe aho abandi bajyanywe bacungiwe umutekano nk’impunzi.

Hari abasirikare ba M23 bo ku ruhande rwa Ntaganda bacengeye mu baturage mu karere ka Rubavu.
Hari abasirikare ba M23 bo ku ruhande rwa Ntaganda bacengeye mu baturage mu karere ka Rubavu.

Mu kagari ka Mbugangari hamaze gufatirwa abarwanyi barindwi kandi bivugwa ko hari n’abinjiranye imbunda. Inzego za gisirikare zivuga ko abarwanyi ba Gen Ntaganda ari Abanyekongo batagomba guhishirirwa cyane ko mu minsi iri mbere bashobora guhungabanya
umutekano bakoresheje imbunda bazanye.

Abarwanyi 718 binjiriye mu murenge wa Bugeshi harimo abarwanyi 600 binjiriye ahitwa Gasizi hamwe n’abandi barenga 100 binjiriye Kabuhanga, abenshi bakaba baracitse inzego bakayobera mu baturage harimo abinjiriye hafi y’umujyi wa Goma.

Bamwe mu baryanyi ba M23 bahungiye mu Rwanda.
Bamwe mu baryanyi ba M23 bahungiye mu Rwanda.

Ubu abarwanyi ba Gen Ntaganda bambuwe ibikoresho bashyizwe mu nkambi mu murenge wa Mudende aho barinzwe nk’impunzi, abaturage bakaba bahamagarirwa kugaragaza uwo ariwe wese babonye batazi kuko hari aba barwanyi batishyikirije inzego z’umutekano.

Uretse abarwanyi ba Gen Ntaganda birukanywe n’ingabo za Gen Makenga hari n’aba FDLR batangiye kwegera umupaka w’u Rwanda banyuze mu kirunga cya Nyiragongo, abaturage bagasabwa gukaza amarondo bagamije kubafata.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Ko mbona bariya basilikare ari imirambo se buriya aba ni bo barwana bagatsinda? Genda Kongo warakubititse koko, abantu badashobora no kuzamura amakabutura yabo koko!!

karaha yanditse ku itariki ya: 21-03-2013  →  Musubize

inzegoz’umutekano nizibemasocyane.bafatanyen’abaturage.abobarwanyi.bavuga ikinyarwanda.nabagitimujisho nabonuko.batazakubihishamo. Bagakor’ibara.

kanani yanditse ku itariki ya: 21-03-2013  →  Musubize

ahubwose ko numva ntaganda ariwe bashize mumutwe cyane kongo ifite ibibazo byayo mubutegetsi bwayo bakunda inyungu aho guharanira amahoro ntaganda yaje murwanda reka turebe niba amahoro araba muri kongo icyonzicyo nuko congo ntamahoro ubutegetsi nkaburiya bukiriho

sifa yanditse ku itariki ya: 21-03-2013  →  Musubize

Abo ko ari abanyekongo barihisha mubaturage babanyarwa kuberiki uwashakwaga yaritanze bo nibasubire iwabo ntacyo bagirizwa bage gufatanya nabandi kubaka igihugu cyabo.

Karanganwa yanditse ku itariki ya: 20-03-2013  →  Musubize

ahubwo ubuyobozi butangirire hafi bukore imikwabo ababa bihishe bafatwe bataratangira kugaragaza ibikorwa bibi ku baturage.

yanditse ku itariki ya: 20-03-2013  →  Musubize

REKA WENDA TUREBE KO CONGO HABONEKA UMUTEKANO,KUKO IRIYA MITWE IRWANYA KABIRA YACITSEMO IBICE.HAKAZWE AMARONDO KUKO NTAWAKWIZERA HARIGIHE YABA ARIMITWE BARIGUTEKA KUGIRANGO BAHUNGABANYE UMUTEKANO WACU.

NTAWUMENYUMUNSI J.Protegene yanditse ku itariki ya: 20-03-2013  →  Musubize

None se burya babarwanyi bali aba ntaganda ??
Mwumvise uko Minister muzima yinyuramo kuli BBC ?? baramubaza opinion ye ati : mubaze ntaganda !!! Ubundi se abasilikali bali aba Col Mutebutsi bo ibyabo byaje kugenda gute ??

cyusa yanditse ku itariki ya: 20-03-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka