RIB yafunze abakoresha YouTube bamamaza ubupfumu bakambura abantu

Abatawe muri yombi ni Ndayisenga Jean Claude, Nshimiyimana Faustin, Tuyishime Dieudonné, Nikuze Emerithe na Bihoyiki bakurikiranyweho icyaha cy’ubwambuzi bushukana.

Itangazo Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rwashyize kuri twitter rivuga ko abo bafunzwe bakoresha imbuga nkoranyambaga nka YouTube biyita abapfumu bamamaza imihango y’ubupfumu, bagasaba abantu amafaranga ngo babavure indwara zidakira, kubura urubyaro, kubashoboza kubona ibintu byabo biba byibwe n’ibindi.

RIB ikaba iburira abaturarwanda kugira amakenga bakima amatwi abantu babashuka bagamije kubarya utwabo babizeza ibitangaza, ahubwo bakihutira gutanga amakuru ku gihe kugira ngo bahanwe.

Bimwe mu byo bamamaza bagamije gushuka abantu
Bimwe mu byo bamamaza bagamije gushuka abantu
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Ni ukuri hari abantu bacuruza ibibazo by’abandi bakwiye kwamaganwa na buri wese. Kandi itangazamakuru ryifashisha imbugankoranyambaga ntirikabatize imbaraga zo kubeshya abantu. Murakoze

Mbonizanye yanditse ku itariki ya: 9-05-2021  →  Musubize

Ni ukuri hari abantu bacuruza ibibazo by’abandi bakwiye kwamaganwa na buri wese. Kandi itangazamakuru ryifashisha imbugankoranyambaga ntirikabatize imbaraga zo kubeshya abantu. Murakoze

Mbonizanye yanditse ku itariki ya: 9-05-2021  →  Musubize

Ufite ikibazo ibyImana ntamukino

Bazibonimyotsi yanditse ku itariki ya: 7-05-2021  →  Musubize

Abapfumu birira iby’abapfu, tube maso.

Butaro yanditse ku itariki ya: 7-05-2021  →  Musubize

RIB nigire vuba ifate abantu bakoresha Radio zinyuranye babeshya abantu ko bavura indwara zose.Ahubwo ikwiye no gufata abanyamadini barya amafaranga y’abantu babeshya ko birukana:Inyatsi,Umwaku na Karande.Nta na rimwe Yezu n’Abigishwa be bariye abayoboke babo amafaranga.Nta cyacumi basabaga cyangwa umushahara wa buri kwezi nkuko amadini y’iki gihe akora.

karake yanditse ku itariki ya: 7-05-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka